BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Cricket: U19 y’abakobwa yashyikirijwe ibendera mbere yo kujya mu gikombe cy’Isi

Cricket: U19 y’abakobwa yashyikirijwe ibendera mbere yo kujya mu gikombe cy’Isi

admin
Last updated: December 31, 2022 12:04 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 19 mu bakobwa muri Cricket, yahawe impanuro n’ibendera ry’Igihugu mbere yo kwerekeza muri Afurika y’Epfo, mu mikino y’igikombe cy’isi, izaba tariki 14-29 Mutarama 2023.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 19 ubwo bahabwaga ibendera

Ku wa Gatanu tariki 30 Ukuboza 2022, nibwo ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Cricket mu Rwanda n’ubwa Minisiteri ya Siporo bwahaye ibendera ry’Igihugu aba bangavu basabwa guhatana.

Kayisire Jacques wari uhagarariye Ministeri ya Siporo muri uyu muhango yabwiye aba bakobwa ko Abanyarwanda babizeyeho intsinzi.

Yagize ati “Ntabwo utegura umukino ku munsi w’umukino bisaba gutegura, rero Cricket yarabigaraje ni yo mpamvu igiye mu Gikombe cy’Isi. Abana rero turabifuriza amahirwe kandi twizeye ko bazitwara neza.”

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Léonard Nhamburo yavuze ko nta bwoba bafite ndetse ko intego ari ukurenga icyiciro cya mbere.

Yagize ati “Kuva muri Nzeri turi kwitegura iyi mikino, intego tujyanye mu Gikombe cy’Isi ni ukurenga icyiciro cya mbere kugira ngo ubutaha ntituzakine imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi. Nibyo ni itsinda rikomeye ariko nta bwoba dufite twizeye kuzitwara neza.”

Kapiteni Ishimwe Gisele yavuze ko umwuka ari mwiza mu bakinnyi kandi biteguye kuzaha Abanyarwanda ibyishimo.

Yagize ati “Tumeze neza cyane kandi turamenyeranye kuko mu bakinnyi 15 tuzagenda 14 twakinanye imikino yo gushaka itike.

Abanyarwanda batwitegeho kuzabashimisha kuko natwe turishimye kandi iyo tumeze gutyo dukora ibirenze.”

Iyi kipe iri mu Itsinda rya kabiri hamwe n’u Bwongereza, Pakistan na Zimbabwe; izahaguruka i Kigali yerekeza muri Afurika y’Epfo ku wa 1 Mutarama 2023.

Biteganyijwe ko tariki 7 Mutarama ari bwo amakipe azatangira gukina imikino yo kwitegura aho u Rwanda ruzatangira rukina na Nouvelle-Zélande.

Muri rusange Igikombe cy’Isi kizitabirwa n’amakipe 16 agabanyije mu matsinda ane.

Amakipe atatu ya mbere mu itsinda ni yo azakomeza mu cyiciro gikurikira, maze nayo ahura hagati yayo mu cyiswe ‘Super Six’.

Amakipe azaba ane azagira amanota menshi, azahita yerekeza muri ½ n’umukino wa nyuma.

Uko amatsinda ateye
Itsinda A: Australia, Bangladesh, Sri Lanka na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Itsinda B: U Bwongereza, Pakistan, Zimbabwe n’u Rwanda.

Itsinda C: Ireland, Nouvelle-Zélande, Indonésie na West Indies.

Itsinda D: Afurika y’Epfo, u Buhinde, Ecosse na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Cricket mu Rwanda, bufitiye icyizere aba bana
Ababyeyi bari baje gusezera aba bana
Kayisire Jacques yari ahagarariye Minisiteri ya Siporo
Aba bana bari bashyigikiwe na bakuru babo
Banahawe ibikoresho mbere yo guhaguruka

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?