BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gakenke: Umugabo yagwiriwe n’ikirombe

Gakenke: Umugabo yagwiriwe n’ikirombe

admin
Last updated: December 31, 2022 10:36 am
admin
Share
SHARE

Umugabwo witwa Nshimiyimana Pascal ukomoka mu Karere ka Karongi, yagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo  amabuye  ahita apfa.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Ukuboza 2022,bibera mu Mudugudu wa Gahondo,Akagari ka Ruli,Umurenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke.

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruli,Hakizimana Jean Bosco,yabwiye UMUSEKE ko uyu mugabo yari kumwe n’undi witwa Twahirwa bari bashinzwe gukamya amazi mu kirombe bagwiriwe n’ibuye mu kirombe, umwe agahita ahasiga ubuzima.

Yagize ati “Byabaye nimugoroba , muri company yitwa Hipocromy.Hari ukuntu ni mugoroba bajyanamo dynamo(imashini ikamya amazi) hasi mu birombe, kugira ngo bakamyemo amazi aba yajemo bityo ejo bazabone uko bacukura nta mpanuka byateza.Ibyo ni cyo bari bagiye gukora,bagezemo ibuye rirahanuka, rimugwira mu mutwe.”

Uyu muyobozi avuga ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’iBitaro bya Ruli.Ni mu gihe mugenzi we yakomereste yabanje kujya kwivuza kuri ibyo Bitaro .

Gitifu hakizimana yasabye abaturage kugira amakenga mu bikorwa byo gucukura amabuye.

Yagize ati “Ni ugukomeza kwitondera ubucukuzi kuko hajya habamo impanuka,bakagira ubwirinzi buhagije, na ba nyiri birombe hakaba harimo uburyo bwo gukingira ko byahanuka.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?