BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Polisi yashyikirije inzu 2 yubakiye abatishoboye

Muhanga: Polisi yashyikirije inzu 2 yubakiye abatishoboye

admin
Last updated: December 19, 2022 11:10 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga yashyikirije inzu 2 yubakiye  umukecuru Mukankundiye Athanasie w’imyaka 75 na Muhawenimana Alphonsine.

Mukankundiye Athanasie w’imyaka 75 y’amavuko yashikirijwe inzu yubakiwe na Polisi

Izo nyubako Polisi yubakiye abatishoboye bazitashye mu kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhanga Superintendent Mutembe B. Octave avuga ko ibi bikorwa byo kubakira abatishoboye inzu babifatanyije n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga.

Uyu Muyobozi yasabye abubakiwe inzu kuzitaho no kuzifata neza kugira ngo zitangirika.

Supertendent Mutembe yavuze ko muri uku kwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi, bahaye abaturage umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba.

Yagize ati “Inzu twubakiye abatishoboye zirimo ibikoresho byose byo mu rugo kandi twamaze kuzibashyikiriza.”

Abahawe izo nzu bashimiye Ubuyobozi bwa Polisi kubera ko nta macumbi bari bari bafite, bemera ko bazazifata neza.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline avuga ko mu mihigo y’Akarere harimo gutuza  neza abaturage badafite aho baba, bakazirikana ko  umuturage ariwe uri ku isonga.

Ati “Ndashimira Polisi, ndashimira ubufatanye  bwacu nabo kandi ndabizeza ko ibi bizfahoraho.”

Polisi ikaba imaze gutanga imirasire y’izuba ku 278 ku baturage bo mu Murenge Rugendabari, Mushishiro  na Nyarusange.

Supertendent Mutembe agahamya ko abo baturage bahawe  umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba bakaba batangiye gucana.

Abubakiwe inzu bahawe n’ibiryo bizabatunga
Umukecuru Mukankundiye Athanasie avuga ko yishimiye kubona aho aba.
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?