BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Mu Rwanda abagore 46% n’abagabo 18% bakubitwa n’abo bashakanye

Mu Rwanda abagore 46% n’abagabo 18% bakubitwa n’abo bashakanye

admin
Last updated: December 10, 2022 6:37 am
admin
Share
SHARE
Ubwo hasozwaga iminsi 16 yahariwe kurwanya no gukumira  ihohoterwa rishingiye ku gitsina,  Umuyobozi Nshingwabikorwa wa RWAMREC Rutayisire Fidèle yabwiye inzego zitandukanye ko mu Rwanda hari 46% by’abagore n’abagabo 18%  bakorerwa ihohoterwa n’abo bashakanye.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wa RWAMREC Rutayisire Fidèle avuga ko abagore 46% n’abagabo 18% bakubitwa n’abo bashakanye.
Ni ibiganiro byabereye mu Karere ka Muhanga bigamije kugaragaza uko ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Gihugu rihagaze ndetse n’ingamba zafatwa ngo ricike.

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa RWAMREC Rutayisire Fidèle yabwiye inzego za Leta n’abagize Sosiyete Sivili ko bakoze ubushakashatsi mu mwaka wa 2019 bugaragaza ko abagabo benshi bakubita bagahoza abagore babo ku nkeke ku gipimo cya 46%.

Rutayisire yavuze ko muri ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko hari abagabo bagera kuri 18% bakubitwa n’abagore babo  bashaka kubivuga bikabatera ipfunwe.

Ati “Iyi mibare y’abagabo bakubita abagore igaragaza ko tugifite inzira ndende yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Muryango Nyarwanda.”

Rutayisire akavuga ko n’uyu  mubare w’abagabo bakubitwa n’abagore babo batawirengagiza ngo bumve ko ari mukeya.

Uyu Muyobozi yavuze ko ihohoterwa ari icyorezo kibangamiye Sosiyete Nyarwanda by’umwihariko n’isi muri rusange ku buryo hadafashwe ingamba zihamye byagora Urubyiruko n’abato barimo kubona uko ababyeyi babo bahohoterwa.

Nyandwi Jean Marie Vianney wo mu Mudugudu wa Kamugina, Akagari ka Gitarama mu Murenge wa Nyamabuye mu buhamya we n’umugore batanze,  bavuga ko iyo RWAMREC itaza kubaho,  yari kuba afunze kuko yararaga akubita umugore we bukarinda bucya.

Yagize ati “Inyigisho nahawe n’uyu Muryango nizo zatumye ncika ku ngeso yo gukubita umugore wanjye, ubu tubanye mu mahoro nta kibazo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo Busabizwa Parfait wari Umushyitsi mukuru muri ibi biganiro, yavuze ko guhuza izi nzego ari kugira ngo buri wese  agire uruhare mu kurwanya no gukumira iri hohoterwa kubera ko amakimbirane ari mu miryango arimo guteza ibibazo ku buryo adakumiriwe hakiri kare yatuma abana bavuka muri iyo miryango bazakura bazi ko guhohotera ari ibisanzwe.

Yagize ati “Twese nitubyumva kimwe tugashyiramo imbaraga  ihohoterwa rizagabanuka ku rugero rufatika.”

Yasabye abagabo bagikubitwa n’abagore bagaceceka ko batinyuka bakabagaragaza kugira ngo bahanwe kimwe n’uko abagabo bahohoteye abagore babo bahanwa.

Umuryango RWAMREC uvuga ko ku rwego rw’ isi umugore umwe muri 3 aba yahohotewe, umugore 1 kandi ku munota aba apfuye azira guhohoterwa.

Abari muri ibiganiro bavuga ko ububasha abagabo bafite babukoresheje neza badahutaza abagore babo, ihohoterwa ribakorerwa ryacika burundu.

Nyandwi Jean Marie Vianney waohoteraga umugore we avuga ko iyo RWAMREC itaza kubaho yari kiba afunze
Hari bamwe mu bagabo bakubitwa n’abagore babo bakagira ipfunwe ryo kubivuga
Abari muri ibi biganiro biyemeje guhuza imbaraga.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?