BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ruhago y’abagore: AS Kigali yatumye ikipe yikura mu kibuga

Ruhago y’abagore: AS Kigali yatumye ikipe yikura mu kibuga

admin
Last updated: December 5, 2022 9:45 am
admin
Share
SHARE

Muri shampiyona y’abagore y’icyiciro cya Mbere mu Rwanda, ikipe ya Freedom Women Football Club, yikuye mu kibuga nyuma yo gutsindwa ibitego 4-0 na AS Kigali WFC mu minota 30 y’igice cya mbere.

AS Kigali WFC yatumye Freedom WFC yikura mu kibuga ku munota wa 30

Ni umukino wabaye ku wa Gatandatu tariki 3 Ukuboza kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Saa saba z’amanywa. Wari umukino w’umunsi wa Kane wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagore.

Uyu mukino ntiwarangiye, kuko ikipe ya AS Kigali WFC yabonye ibitego 4-0 hakiri ku munota wa 30 gusa, maze Freedom WFC ihita ishaka impamvu yo kutanyagirwa ibitego byinshi.

Umunyezamu wa Freedom WFC yo mu Akarere ka Gakenke, yahise aryama hasi avuga ko yababaye atiteguye gukomeza gukina. Hakurikiyeho gushyiramo undi munyezamu ariko abasifuzi basanga nta byangombwa uwo musimbura yari afite.

Komiseri w’umukino, Kagabo Ahmed yasabye abatoza ba Freedom WFC gushyiramo undi munyezamu ariko bamubwira ko ntawe bateguye wundi, birangira umukino uhagarariye ku munota wa 30.

Icyakurikiyeho ni ugukora raporo isobanura buri kimwe, igashyikirizwa Ferwafa nk’urwego ruyobora umupira w’amaguru mu Rwanda, ikazaba ari yo ifata umwanzuro.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?