BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abayovu baravumira ku gahera umusifuzi Nsabimana Céléstin

Abayovu baravumira ku gahera umusifuzi Nsabimana Céléstin

admin
Last updated: December 4, 2022 9:05 pm
admin
Share
SHARE

Abakunzi ba Kiyovu Sports barebye umukino ikipe yabo yatsinzwemo na AS Kigali ibitego 4-2, batashye bavumira ku gahera umusifuzi wo hagati wawusifuye, Nsabimana Céléstin nyuma yo kubimpa penaliti ebyiri.

Nsabimana Céléstin aravumirwa ku gahera n’abakunzi ba Kiyovu Sports

Ni umukino wabaye ku wa Gatandatu tariki 3 Ukuboza 2022, kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Uyu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona, Kiyovu Sports yabanje gutsinda ibitego bibiri bya Ssekisambu na Ndayishimiye Thierry ariko ibi byishimo ntibyatinze.

AS Kigali yavuye inyuma itsinda Kiyovu Sports ibitego 4-2, byatsinzwe na Kakule Mugheni, Félix Kone na Hussein Shaban Tchabalala watsinze bibiri.

Gusa hagati mu mukino, abakunzi ba Kiyovu Sports bavuga ko hari penaliti ebyiri bagakwiye barahawe ku mupira Bishira Latif yakoreye mu rubuga rwa AS Kigali no ku ikosa Rugirayabo Hassan yakoreye Tuyisenge Hakim uzwi nka Dieme.

Gusa umusifuzi wo hagati, Nsabimana Céléstin ntabwo yigeze azitanga n’ubwo abenshi mu barebye uyu mukino bemeza ko zari penaliti zagomba guhabwa Kiyovu Sports.

Abakunzi ba Kiyovu Sports baganiriye na UMUSEKE, bavuga ko uyu musifuzi atababaniye kandi atari ubwa Mbere.

Umwe ati “Ibyo Céléstin yadukoreye, Imana Izabimwishyure akiri ku Isi. Ubu se ni inde utarabonye ziriya penaliti?”

Undi ati “Ndasaba Imana ntazave ku Isi Itamutwishyuriye.”

Undi ati “Kuki buri gihe aza gusifura imikino ya Kiyovu Sports ameze nk’uje guhangana? Ntazatinda kubona inyishyu.”

Nyuma y’uko umukino wari urangiye, umwe mu bashinzwe imyinjirize kuri Stade muri Kiyovu Sports, yegereye uwari komiseri w’uyu mukino, amubwira ko ababajwe n’ibyemezo Nsabimana Céléstin yafatiye muri uyu mukino.

Si ubwa Mbere uyu musifuzi avuzweho amakosa kuko no mu mwaka ushize, yahagaritswe kubera umukino wahuje Rayon Sports na Étoile de l’Est aho yari umusifuzi wa Kane kuri uwo mukino ariko asimbuza inshuro nyinshi.

Mu minsi ishize we na Rulisa Patience hagombaga kubonekamo uzasimbura Hakizimana Louis ariko Ferwafa ihitamo gutanga Rulisa nk’umusifuzi mpuzamahanga.

Nsabimana Céléstin niwe wasifuye umukino wa AS Kigali na Kiyovu Sports
Abakunzi ba Kiyovu Sports bababajwe n’imisifurire ya Nsabimana Céléstin

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Claude says:
    December 5, 2022 at 11:52 am

    ntimwitwaze umusifuzi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?