BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda rwasaruye miliyoni 6 z’amadorali mu mikino inyuranye rwakiriye

U Rwanda rwasaruye miliyoni 6 z’amadorali mu mikino inyuranye rwakiriye

admin
Last updated: December 3, 2022 10:17 am
admin
Share
SHARE

Ubukerarugendo bushingiye ku mikino bwinjirije u Rwanda agera kuri miliyoni esheshatu z’amadolari ya America muri uyu mwaka, aho bwihariye 13% by’umusaruro wavuye ku bukerarugendo bushingiye ku nama.

BK Arena nimwe mu nyubako zakiriye imikino mu Rwanda

Ibi byagaragajwe kuri uyu wa Gatanu, tariki 02 Ukuboza 2022, ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirenge yasobanuriraga Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ibikorwa bya Guverinoma mu rwego rw’ubucuruzi yibanda ku guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga.

Dr. Edouard Ngirente yavuze ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero gishimishije. Muri uyu mwaka wa 2022 uzarangira ubucuruzi bw’ibyoherezwa mu mahanga buzahutse ku kigero cya 6%.

Minisitiri Ngirente yavuze ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 10%, ni mu gihe uyu mwaka uzagana ku musozo ubukungu bwarazahutse ku kigero gishimishije.

Ati “Iyo urebye nko mu mezi atandatu ashize ubukungu bwazahutse ku kigero cya 7.7%, ni ukuvuga ibihembwe bibiri by’uyu mwaka, byatewe ahanini n’umusaruro mwiza w’urwego rwa serivise wazamutse ku kigero cya 12% mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka wa 2022.”

Yavuze ko mu bindi byateye kuzamuka k’ubukungu, ari izamuka rishimishije ry’urwego rw’amahoteli na restora, ndetse n’urwego rw’ubucuruzi rwazamutse ku kigero cya 17%.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirenge ubwo yabwiraga Abagize inteko, Sena n’Abadepite ibyo Guverinoma iteganya mu guteza imbere ubukungu

Minisitiri w’Intebe yavuze ko imikino u Rwanda rwakira atari iyo kwishimisha gusa, ahubwo bifite uruhare runini mu bukungu ndetse bakaba barafashe ingamba zo gukomeza kubiteza imbere.

Yagize ati “Mu mwaka wa 2021, usanga ubukerarugendo bushingiye ku mikino bwaragize uruhare cyane cyane mu kuzahura ubukungu bushingiye ku nama, iyo urebye ubukerarugendo bushingiye ku mikino uruhare rwabwo mu bukungu bushingiye ku nama ni 13%.”

Yavuze ko mu mafaranga imikino yinjije asaga miliyoni 6 z’amadorali y’Amerika.

Mu bindi Minisitiri Ngirente yagarutseho bikomeje kuzahuka ni urwego rw’inganda kubera ko amabuye y’agaciro yazamutse ku isoko mpuzamahanga.

Uyu mwaka wa 2022 uzasiga ubukungu bw’u Rwanda buzamutseho 6.8%.

Mu rwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku nama, muri uyu mwaka wa 2022, u Rwanda rwakiriye inama zikomeye harimo iy’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma z’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza izwi nka CHOGM.

Muri uyu mwaka wa 2022, hakiriwe kandi imikino inyuranye mpuzamahanga harimo imikino ya nyuma y’Irishanwa Nyafurika mu mukino wa Basketball izwi nka BAL, yabaye kuva tariki 21 kugeza 28 Gicurasi 2022.

Abasenateri n’Abadepite bateze amatwi Minisitiri w’intebe

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?