BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ibyihariye kuri Frappart, umugore wa mbere uzayobora umukino w’igikombe cy’Isi mu bagabo

Ibyihariye kuri Frappart, umugore wa mbere uzayobora umukino w’igikombe cy’Isi mu bagabo

admin
Last updated: November 30, 2022 10:42 am
admin
Share
SHARE

Umufaransakazi w’imyaka 38, Stephanie Frappart yanditse amateka yo kuba umugore wa mbere mu mateka usifuye igikombe cy’Isi cy’abagabo nk’umusifuzi mukuru mu kibuga hagati.

Stephanie Frappart aciye agahigo ko kuba umugore wa mbere usifuye igikombe cy’Isi mu kibuga hagati

Stephanie Frappart agomba kuyobora umukino wa nyuma mu itsinda E uzahuza u Budage na Costa Rica kuwa 1 Ukuboza 2022, kuri sitade ya Al Bayt Stadium.

Ni umukino agomba gufashwamo n’abandi bagore babiri Neuza Back na Karen Diaz.

Umufaransakazi Stephanie Frappart mbere y’uko asifura uyu mukino w’ishiraniro w’u Budage na Costa Rica, yavuze ko abizi neza ko igikombe cy’Isi mu bagabo ariryo rushanwa rya mbere ku isi, ndetse azi neza ko ari umusifuzi mwiza.

Ati “Igikombe cy’Isi mu bagabo niryo rushanwa ry’ingenzi mu mikino ku isi, Ni njye musifuzi mwiza mu Bufaransa no mu Burayi, rero nzi uburyo mba ngomba kubikoramo.”

Umuyobozi wa komite y’abasifuzi muri FIFA, Pierlugi Collina, yavuze ko kuba abagore batatu barahawe kuyobora umukino atari uko ari abagore ahubwo ari abasifuzi beza.

Yagize ati “Ntabwo batoranyijwe kubera ko ari abagore, ahubwo ni abasifuzi ba FIFA. Bashobora kuyobora umukino uwo ariwo wose.”

Stephanie Frappart w’imyaka 38 si ubwa mbere akoze amateka yo gusifura umukino ukomeye muri ruhago y’abagabo, kuko yabaye umugore wa mbere wasifuye umukino muri shampiyona y’u Bufaransa League 1 ndetse na UEFA Champions League.

Stephanie Frappart yabaye umusifuzi mpuzamahanga wa FIFA kuva mu 2009, ku myaka 13 nibwo yatangiye gusifura, ku myaka 18 yasifuraga imikino y’abatarengeje imyaka 19.

Mu 2011 nibwo yatangiye gusifura icyiciro cya gatatu mu bagabo iwabo mu Bufaransa, mu 2014 asifura icyiciro cya kabiri, nabwo aba yanditse amateka yo kuba umugore ubikoze. Yari mu basifuzi basifuye igikombe cy’Isi cy’abagore mu 2015 cyabereye muri Canada.

Yambitswe imidari inyuranye nk’umusifuzi mwiza w’umugore ku Isi nko mu 2019, 2020 na 2021.

Igikombe cy’Isi gikomeje kubera muri Qatar cyabaye igikombe cy’Isi cya mbere cyagaragayemo abasifuzi b’abagore bwa mbere mu mateka kuva cyatangira.

Muri iki gikombe harimo n’umunyarwandakazi Mukansanga Salma, wabaye umusifuzi wa kane ku mukino u Bufaransa bwakinnye na Australia, ndetse agomba kuba anasifura kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2022, umukino w’ u Bufaransa na Tunisia.

Stephanie Frappart yabaye umugore wa mbere wasiuye UEFA Champions League y’abagabo

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • NGARAMBE says:
    November 30, 2022 at 1:08 pm

    Nubwo Abagore basuzugurwa mu bihugu byinshi,nabo barashoboye.Dore ingero nkeya:Ababaye Prime Ministers Margaret Thacher of England (nicknamed The Iron Lady),Golda Meir of Israel,Indira Gandhi of India,Agatha Uwiringiyimana of Rwanda.Nubwo bimeze gutyo,hari ahantu habiri Imana ibuza ko abagore bareshya n’abagabo.Aha mbere ni mu rugo.Muli Abakorinto ba mbere,igice cya 11,umurongo wa 3,havuga ko Umugabo ari Chef w’umugore.Aha kabiri ni mu nsengero.Imana ibuza Abagore kuyobora amatorero n’insengero.Byisomere muli 1 Timote,igice cya 2,umurongo wa 12 na 1 Abakorinto,igice cya 14,imirongo ya 34 na 35.Ababirengaho,nta kindi baba bagamije uretse gushaka amafaranga bitwaje bible.Ni icyaha nk’ibindi cyo gusuzugura amategeko y’Imana.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?