BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Abahoze muri FDLR  batangiye kwiregura

Nyanza: Abahoze muri FDLR  batangiye kwiregura

admin
Last updated: November 29, 2022 1:56 pm
admin
Share
SHARE
Leopord  Mujyambere alias Musenyeri na bagenzi be baregwa ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’iterabwoba batangiye kubyireguraho.

Bose uko ari 6 baburanira i Nyanza mu Rugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka.Ubushinjacyaha bwamaze gusobanura ibyaha n’ibimenyetso bushingiraho.Uwanjirije abandi kwiregura ni Habyarimana Joseph alias Sophonie Macebo ku cyaha cyo kurema umutwe w’ingabo ,ubugambanyi yavuze ko Kuva yahunga mu mwaka 1994 atigeze  agaruka mu Rwanda gukoramo ibyaha, yongeyeho ko nta n’umuntu cyangwa agatsiko k’abantu yigeze aha amabwiriza yo kuza mu Rwanda gukora ibyaha.Yongeyeho ko 2016 yahagaritse gukorana na FDLR ,aba umusivili.

Yavuze ko kuva yahunga mu 1994 yahise areka imirimo ya gisirikare, ngo yabaga i Masisi yirwanaho kuko aba Mai Mai babahigaga babicira ubusa.

Yahakanye ibirego by’Ubushinjacyaha by’uko ari mu bashinze FDRL i Kinshasa.

We n’umwunganira mu mategeko bavuga ko icyo bashaka kugaragaza ariko yiyunze na FDLR ariko adahuje umugambi nayo kuko we yabaga mu burasirazuba bwa Congo ari FDLR irwanya  Mai Mai.

Joseph yiregura ku cyaha cyo  ku irema umutwe w’ingabo zitemewe yavuze ko iki kitamureba kuko nta mutwe yigeze ashinga kandi akaba yarahagaritse gukorana na FDLR 2016 akaba umusivile.

Mu mgambo ye ati “Nyakubahwa Perezida w’urukiko n’ubu  mpagaze imbere yanyu ndi umusivile kuko narindi gutaha mu mahoro narengerwa na gahunda ya Leta y’u Rwanda yo kunsubiza mu buzima busanzanzwe.”

Icyaha cy’ubugambanyi Joseph yasabye ko yagihanagurwaho kuko ibitero byose Ubushinjacyaha buvuga, avuga ko ntabyo yakoze, arabishingira ngo ko hari ibitero buvuga ko yagizemo uruhare kandi yarafungiye i Kinshasa.

Uwa kabiri wisobanuye ni HABIMANA MARC, uyu yari afite ipeti rya Sous-Lieutenant muri EX FAR nyuma agirwa Brigadier General muri FDRL.

Yahakanye ibyaha aregwa, avuga ko 1996 yatahutse kubushake ariko akaza gusubira muri Congo mu 1998 ahunze intambara y’abacengezi yinjira muri ARIL ariko ngo atari ku bushake bwe.

Nyuma ngo yaje kujya muri FDLR, avuga ko yaje kwitandukanya nayo muri 2018 imaze gucikamo ibice atahuka kubushake ingabo za Congo zimushyikiriza iż’u Rwanda mbere y’uko afungwa.

Avuga ko nta gitero icyo aricyo cyose cya FDLR yashoboraga kujyamo kuko yari yarakomeretse bikomeye urutugu, ahagana ku mutima akiri mu gisirikare cya FAR.

Marc akomeza avuga ko nta mugambi yigeze agira wo kurwanya leta y’u Rwanda kandi ko n’ubushinjacyaha nta bimenyetso bubitangira ibyo bikagaragazwa n’uko yatashye inshuro 2 zose ku bushake akagaruka mu Rwanda kandi ko yabaye muri FDLR ku bw’akaga.

Niba nta gihindutse abandi bane basigaye barakomeza kwiregura kuri uyu wa gatatu

Théogène NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW i Nyanza
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Ubutabera

Gakenke: Umugore arakekwaho kwica umwana wavuze ko yibye inkoko y’abaturanyi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?