BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyabihu: Umukecuru wari ufungiye mu nzererezi yashyikirijwe RIB

Nyabihu: Umukecuru wari ufungiye mu nzererezi yashyikirijwe RIB

admin
Last updated: November 23, 2022 1:39 pm
admin
Share
SHARE

Mukangarambe Anonciata uri mu kigero cy’imyaka 60 wari ufungiwe mu nzererezi ashinjwa gutuka inzego z’umutekano, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha akurikiranyweho ibindi byaha.

Akarere uyu mukecuru bigugwa ko yakoreyemo ibi byaba

Uyu mukecuru usanzwe utuye mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu, yabanje gufungirwa  mu kigo cy’inzererezi cya Karago akurikiranyweho gukora ibikorwa bibangamiye umudendezo w’abaturage nk’uko ubuyobozi bubitangaza.

Kuwa 18 Ugushyingo uyu mwaka, inka ze zasanzwe ziragirwa ahatemewe maze umwe mu bashinzwe gucunga ko amatungo ataragirwa ku gasozi amuca  amande angana na 20.000Frw.

Ubusanzwe mu Murenge wa Bigogwe iyo inka zisanzwe ziragirwa ahatemewe ,imwe icibwa amande y’’ibihumbi 25Frw.

Uwahaye amakuru UMUSEKE yavuze ko uyu mukecuru yarebye gucibwa ibihumbi 60Frw ahitamo gutanga ibihumbi 20Frw.

Uyu yavugaga ko nyuma yo guhabwa ayo mafaranga yahise abwira bagenzi be ko nabo bayaryaho, baza bakamuca andi niko guhita asaba ko nayo yatanze mbere yayasubizwa.

Uwaduhaye amakuru yavuze ko babonye batageze ku mugambi wabo, bamuhimbira ibyaha, bahamagaza polisi, imujyana kumufungira mu kigo cy’inzererezi.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza, Pascal Simpenzwe, yabwiye UMUSEKE ko yamaze gutabwa muri yombi nyuma yo gukurikiranywaho ibindi byaha.

Yagize ati “Nyuma haje kugaragara ibindi bigaragaza ko agomba gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,ubu ari muri RIB .”

UMUSEKE umubajije ibyaha yaba akurikiranyweho yagize ati “Inzego zibishinzwe zaje kugaragaza ko hari ibyaha agomba gukurikiranwaho. Iyo bikiri mu iperereza, inzego zibishinzwe nizo zigomba kugaragaza icyo umuturage akurikiranyweho.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB),Dr Murangira B Thiery,twamubajije ibyaha uyu mukecuru yaba akurikiranyweho ariko ntiyadusubiza.

Gusa andi makuru avuga ko yaba akurikiranyeho kurwanya inzego z’umutekano. Andi akavuga ko baba bamwihimuyeho nyuma yo kugaragaza ikibazo mu itangazamakuru.

Mukangarambe Anonciata  afungiye kuri sitasiyo ya KORA iri mu Murenge wa Bigogwe, mbere y’uko dosiye ye ishyikirizwa Ubushinjacyaha.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • mahoro jack says:
    November 24, 2022 at 10:43 am

    Mwarangiza ngo dufite ikibazo cy’ubucucike muri za gereza na kasho za polisi! Gushakisha ibyaha n’aho bitari, guhimbahimba amakosa, … ubu koko niyo nshingano y’abayobozi???

    Reply
  • Nsengimana Joseph says:
    November 27, 2022 at 10:03 pm

    Ariki se nkibi byo ni ibiki? Genda Rwanda….

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?