BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Kim Jong-un n’umukobwa we batunguye Isi

Kim Jong-un n’umukobwa we batunguye Isi

admin
Last updated: November 19, 2022 5:57 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi wa Korea ya Ruguru, Kim Jong-un yagaragaye mu ruhame ari kumwe n’umukobwa we ukiri muto, akaba yamutembereje ahageragerezwa ibisasu birasa kure.

Kim Jong-un n’umukobwa we batembera

Umukobwa bikekwa ko izina rye ari Kim Chu-ae, nk’uko BBC ibivuga ku wa Gatanu yari kumwe na Se batemberana ahahari igisasu kiraswa kure (intercontinental ballistic missile) cyageragejwe ku wa Gatanu.

Icyo gisasu cyarashwe Kim Jong-un n’uwo mwana we bahari.

Ntihamenyekanye impamvu Kim Jong-un yazanye umwana we hariya hantu, gusa umusesenguzi wa BBC, Jean Mackenzie avuga ko hari abatekereza ko Kim Jong-un yagaragaje umukobwa we mu ruhame nk’umwe mu bashobora kuzamusimbura.

Irindi sesengura ni ukuba Kim Jong-un yashakaga kwereka Isi ko nubwo azaba atakiriho, hazasigara abantu bashyira mu bikorwa umugambi we wo kugerageza intwaro z’ubumara.

Michael Madden, uzi neza Korea ya Ruguru akaba akorera mu kigo Stimson Center i Washington, avuga ko uriya mwana wa Kim Jong-un afite imyaka hagati ya 12 na 13.

Yavuze ko kuba Kim Jong-un yaragaragaye mu ruhame n’umukobwa we, ishobora kugaragaza ko yerekanaga ko kuva igisekuru cy’iwabo gifashe ubutegetsi, undi uzategeka Korea ya Ruguru, ari umuntu umukomokaho.

Ubuzima bw’umuryango wa Kim Jong-un ntibukunze kujya hanze. Uriya mukobwa Kim Chu-ae yavuzweho mu mwaka wa 2013, ubwo umukinnyi Dennis Rodman wakanyujijeho muri Basketball muri America yasuraga Korea ya Ruguru.

Rodman yavuze ko yamaranye igihe n’umuryango wa Kim Jong-un ndetse ko yateruye umwana we Chu-ae.

Abazi Korea ya Ruguru, bavuga ko Kim Jong-un yaba afite abana batatu, abakobwa babiri n’umuhungu. Chu-ae ni we mwana mukuru.

Gu, ubuzima bwa Kim Jong-un ntibujya hanze cyane, ndetse ngo umugore we Ri Sol-ju yakomeje kuba ibanga rye, amenyekana bagiye gukora ubukwe.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Babiri bapfiriye mu myigaragambyo ku mupaka wa Tanzania na Kenya

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Kongera gutsindira Manda ya munani kwa Paul Biya byateje imvururu zahitanye ubuzima bw’abatari bake

2 Min Read
Mu mahanga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?