BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Kim Jong-un n’umukobwa we batunguye Isi

Kim Jong-un n’umukobwa we batunguye Isi

admin
Last updated: November 19, 2022 5:57 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi wa Korea ya Ruguru, Kim Jong-un yagaragaye mu ruhame ari kumwe n’umukobwa we ukiri muto, akaba yamutembereje ahageragerezwa ibisasu birasa kure.

Kim Jong-un n’umukobwa we batembera

Umukobwa bikekwa ko izina rye ari Kim Chu-ae, nk’uko BBC ibivuga ku wa Gatanu yari kumwe na Se batemberana ahahari igisasu kiraswa kure (intercontinental ballistic missile) cyageragejwe ku wa Gatanu.

Icyo gisasu cyarashwe Kim Jong-un n’uwo mwana we bahari.

Ntihamenyekanye impamvu Kim Jong-un yazanye umwana we hariya hantu, gusa umusesenguzi wa BBC, Jean Mackenzie avuga ko hari abatekereza ko Kim Jong-un yagaragaje umukobwa we mu ruhame nk’umwe mu bashobora kuzamusimbura.

Irindi sesengura ni ukuba Kim Jong-un yashakaga kwereka Isi ko nubwo azaba atakiriho, hazasigara abantu bashyira mu bikorwa umugambi we wo kugerageza intwaro z’ubumara.

Michael Madden, uzi neza Korea ya Ruguru akaba akorera mu kigo Stimson Center i Washington, avuga ko uriya mwana wa Kim Jong-un afite imyaka hagati ya 12 na 13.

Yavuze ko kuba Kim Jong-un yaragaragaye mu ruhame n’umukobwa we, ishobora kugaragaza ko yerekanaga ko kuva igisekuru cy’iwabo gifashe ubutegetsi, undi uzategeka Korea ya Ruguru, ari umuntu umukomokaho.

Ubuzima bw’umuryango wa Kim Jong-un ntibukunze kujya hanze. Uriya mukobwa Kim Chu-ae yavuzweho mu mwaka wa 2013, ubwo umukinnyi Dennis Rodman wakanyujijeho muri Basketball muri America yasuraga Korea ya Ruguru.

Rodman yavuze ko yamaranye igihe n’umuryango wa Kim Jong-un ndetse ko yateruye umwana we Chu-ae.

Abazi Korea ya Ruguru, bavuga ko Kim Jong-un yaba afite abana batatu, abakobwa babiri n’umuhungu. Chu-ae ni we mwana mukuru.

Gu, ubuzima bwa Kim Jong-un ntibujya hanze cyane, ndetse ngo umugore we Ri Sol-ju yakomeje kuba ibanga rye, amenyekana bagiye gukora ubukwe.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
Mu mahanga

Bobi Wine ntakozwa ibyo kumvikana na Leta ya Uganda ngo ave mu bwihisho

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?