BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Igikomangoma Emmanuel de Merode, Umubiligi arashinjwa gufasha M23

Igikomangoma Emmanuel de Merode, Umubiligi arashinjwa gufasha M23

admin
Last updated: November 19, 2022 1:59 pm
admin
Share
SHARE

Igikomangoma Emmanuel de Merode ukuriye ikigo cya ICCN gicunga Pariki mu ntara za Kivu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, arashinjwa gukorana bya hafi n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Igikomangoma Emmanuel de Merode arashinjwa gukorana na M23

Emmanuel de Merode, Umubiligi w’imyaka 50 ukuriye abarinzi barenga 800 ba pariki ya Virunga, yashyizwe mu majwi ko akorana bya hafi n’umutwe wa M23 ukomeje kuzengereza ubutegetsi bwa RD Congo.

Minisitiri Muhindo Nzangi Butondo ushinzwe uburezi muri Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo yashinje ku mugaragaro Emmanuel de Merode guha ubufasha umutwe wa M23 muri Teritwari ya Rutshuru.

Yavuze ko uyu mubiligi atera inkunga y’amafaranga umutwe wa M23 ndetse akanacumbikira izi nyeshyamba aho atuye muri Rutshuru.

Imodoka za ICCN ngo n’izo zikoreshwa n’umutwe wa M23 ndetse ngo na Lisansi ikoreshwa igurwa na Emmanuel de Merode.

Ubwo imirwano ikomeye yadukaga i Kibumba, Emmanuel de Merode yaburiye abatuye Umujyi wa Goma ko uri hafi gufatwa na M23 ubwo yasabaga abaturage kugura amatoroshi ndetse no kubika ibiryo bihagije bizabatunga.

Yagize ati “Nk’uko mubizi ibintu byarushijeho kuba bibi uyu munsi kuwa Gatandatu , imirwano irabera muri Kibumba ndetse hari amakuru avuga ko Kibumba yamaze gufatwa n’umwanzi.”

Emmanuel de Merode amaze imyaka hafi 30 aba muri DR Congo, yavukiye muri Tunisia arererwa muri Kenya, ni igikomangoma cyo mu Bubiligi, ariko ntabwo ajya akoresha iryo zina n’icyubahiro cyo kuba ari igikomangoma.

Mu minsi ishize uyu mubiligi yakoranaga bya hafi n’ingabo za Leta, FARDC aho yazihaga ibyo kurya n’ubundi bufasha burimo kubaha amakuru.

Hari abahuje ibirego bya Minisitiri Nzangi Butondo kuri Emmanuel de Merode nk’inzira yo gushaka kumwerekeza muri gereza nk’iturufu iri gukoreshwa mu kwikiza abifuza ko haba ibiganiro hagati ya Leta n’umutwe wa M23.

Minisitiri Nzangi Butondo yashinje Igikomangoma Emmanuel de Merode gukorana na M23

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • mahoro jack says:
    November 19, 2022 at 8:04 pm

    Harya ubundi ubwo minisitiri w’uburezi iby’imirwano n’inkunga za gisirikari aba abigiyemo ate? Iki gihugu gifite akavuyo kweli kweli.

    Reply
  • Muhire says:
    November 23, 2022 at 2:01 pm

    Njye nibaza ibyo abayobozi ba congo biga cyangwa bize. bikanyobera. koko habuze numwe wakoresha amashuriye akagerekaho gushyira mugaciro? birababajepe. ntikenda kubavamo ndavuga akavuyonyine.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?