BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Dr. Rutunga woherejwe n’Ubuholandi urubanza rwe ntirwabaye

Dr. Rutunga woherejwe n’Ubuholandi urubanza rwe ntirwabaye

admin
Last updated: November 15, 2022 3:04 pm
admin
Share
SHARE

Urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruri i Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda, rwasubitse urubanza Dr. Rutunga Venant uregwa n’ubushinjacyaha ibyaha bya jenoside.

Dr Rutunga Venant ahakana ibyaha aregwa

Byari biteganyijwe ko urubanza Dr. Rutunga Venant wahoze ari umuyobozi mu kigo cy’ubushakashatsi mu buhinzi (ISAR Rubona) ubu yabaye RAB iri mu karere ka Huye ko akomeza kuburana mu gihe cy’iminsi ibiri y’ikurikiranya ariyo taliki 14 na 15 Ugushyingo 2022 ariko urubanza rwe ntirwabaye.

Umunyamakuru wa UMUSEKE wageze ku rukiko saa mbiri za mu gitondo yasanze imiryango y’urukiko ifunze nta muntu urimo.

Ubwanditsi bw’urukiko bwavuze bwamubwiye ko iburanisha ryasubitswe kuko hari bamwe mu bacamanza bagize inteko imuburanisha bagiye mu mahugurwa.

Igihe uyu musaza w’imyaka 73 azongera kuburana ntikiramenyekana.

Dr. Rutunga yoherejwe mu Rwanda n’igihugu cy’Ubuholandi, Ubushinjacyaha bumurega ibyaha bitatu aribyo icya jenoside, ubufatanyacyaha muri jenoside no kurimbura nk’icyaha kibasiye inyokomuntu.

Ubushinjacyaha buvuga ko ibyo yabikore mu kigo yayoboraga no mu nkengero zacyo.

We aburana ahakana ibi byaha byose, abamwunganira barimo Me SEBAZIGA Sophonia na Me Ntazika Nehemia basaba ko umukiliya wabo yagirwa umwe.

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Ubutabera

Gakenke: Umugore arakekwaho kwica umwana wavuze ko yibye inkoko y’abaturanyi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?