BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Intambara ya Ukraine na Covid-19 byashegeshe iterambere rya Afurika- Kagame

Intambara ya Ukraine na Covid-19 byashegeshe iterambere rya Afurika- Kagame

admin
Last updated: November 15, 2022 12:50 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye ibihugu 20 bya mbere bikize, ko intambara ya Ukraine n’Uburusiya ndetse n’icyorezo cya Covid-19 byashegeshe iterambere ry’umugabane wa Afurika n’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Perezida Kagame Paul mu nama y’ibihugu 20 bya mbere bikize

Umukuru w’igihugu, Paul Kagame yabigarutseho i Bali muri Indonesia ahabera inama y’ibihugu 20 bikize ku Isi.

Inama ya G20 yahuriranye kandi n’inama ya COP27 yiga ku mihindagurikire y’ikirere ku Isi nayo yagarutse ku kibazo cy’ibura ry’ibiribwa muri iki gihe, bitewe n’icyorezo cya Covid-19 ndetse n’intambara y’Uburusiya na Ukraine.

Perezida Paul Kagame yitabiriye iyi nama ya G20 nk’Umuyobozi wa Komite y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma yiga ku cyerekezo cy’Urwego rw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe rushinzwe Iterambere (AUDA-NEPAD).

Umukuru w’igihugu yavuze ko icyorezo cya Covid-19, amakimbirane ndetse n’ingaruka zihindagurika ry’ibihe, byazamuye ubusumbane budasanzwe hagati y’ibihugu bikize n’ibikiri mu nzira y’amajyambere.

Yagaragaje ko urwo ruhuri rw’ibibazo bituma ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere byishora mu nguzanyo n’amadeni.

Yasabye ibihugu 20 bya mbere bikize kugira uruhare mu bikorwa bifasha ibikiri mu nzira y’amajyambere ku buryo bitaremererwa n’amadeni bifite.

Yasabye kandi ko gahunda ijyanye no gusubikira ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere kwishyura amadeni yashyizweho mu bihe bya Covid-19 yasubizwaho.

Ni gahunda ya Debt Service Suspension Initiative, DSSI yashyizweho muri Gicurasi 2020, yafashije ibihugu gukoresha ubushobozi bwabyo muri gahunda zigamije kurwanya icyorezo no kurengera ubuzima bw’abaturage babyo.

Perezida Kagame yavuze ko kuba ibiciro by’ibiribwa n’inyongeramusaruro bikomeje gutumbagira ari ikibazo gihangayikishije by’umwihariko bigira ingaruka ku bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Yashimangiye ko icyo Afurika yifuza ari amahoro kandi ko ibyo bidakwiye gutuma hari uyireba nabi ku bibazo by’intambara y’Uburusiya na Ukraine.

Perezida Kagame yagaragaje ko kimwe n’indi migabane n’ibihugu, Afurika iharanira inyungu zayo mu mibanire yayo n’ibindi bice by’Isi.

Yavuze ko Afurika isanzwe ifite imbongamizi ariko zikaba ziyongera kubera ibibera ahandi birimo intambara y’Uburusiya na Ukraine kandi ko ikibabaje ikiguzi cyabyo cyishyurwa n’Abanyafurika.

Perezida Kagame yabwiye abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye inama ya G20 ko Afurika yiteguye gufatanya n’abandi gushaka umuti w’iki kibazo.


NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?