BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ba Perezida 4 b’ibihugu bya EAC bashashe inzobe ku mutekano mucye muri Congo

Ba Perezida 4 b’ibihugu bya EAC bashashe inzobe ku mutekano mucye muri Congo

admin
Last updated: November 8, 2022 6:52 am
admin
Share
SHARE

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Ugushyingo 2022, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye inama yo ku rwego rwo hejuru y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba,yiga ku kibazo cy’umutekano mucye wo mu Burasirazuba bwa Congo.

Abakuru b’ibihugu bya EAC mu nama yabahuje

Ni inama yahuje Perezida Ndayishimiye Evariste w’UBurundi ari nawe uyoboye umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Perezida Wiliam Ruto wa Kenya, Samia Suluhu Hassan wa Tanzania ndetse na Minisitiri w’Intebe wa Congo,Sama Lukonde.

Ibi biganiro bibaye mu gihe ingabo za Leta ya Congo, FARDC  zigihangaye bikomeye n’umutwe wa M23 wanze kuva ku izima,u komeje kotsa igitutu abasirikare ba leta ndetse ukanigarurira tumwe mu duce.

Congo ishinja u Rwanda gutera inkunga uyu mutwe, ibintu yaba uRwanda na M23 bihakana byivuye inyuma.

Nubwo mu nama y’aba bakuru b’ibihugu bitatangajwe ko haganiriwe ku mwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi, Congo ikomeje ibikorwa bisa n’ubushotoranyi ku Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 7 Ugushyingo mu 2022 nibwo u Rwanda rwatangaje ko hari indege y’intambara y’ingabo za RDC yinjiye mu kirere cyarwo ndetse ihagarara umwanya muto ku kibuga cy’indege kiri mu Karere ka Rubavu.

Mu itangazo u Rwanda rwashyize hanze rwavuze ko rutigeze rushaka gusubiza ubu bushotoranyi mu buryo bwa gisirikare.

Mu kiganiro Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru yavuze ko kugeza ubu nta bisobanuro birambuye barahabwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri iki kibazo nubwo iizi neza ibyabaye kandi ibyemera.

Mukuralinda yakomeje avuga ko iby’iyi ndege u Rwanda rwabifashe nk’igikorwa cy’ubushotoranyi kije cyiyongera ku bindi byinshi iki gihugu cyagiye kigerageza mu buryo butandukanye.

Yagize ati “Kugeza uyu munsi nta bindi bisubizo batanze gusa igihari n’uko Guverinoma y’u Rwanda ibona ko ibikorwa byo kwiyenza bikomeje, hari ibikorwa byo kurasa mu Rwanda byabaye mu ntangiriro z’umwaka murabizi byarabaye, hari abo byakomerekeje hari n’abo byasenyewe.”

Ibiganiro ku mpande zombi birakomeje…

Hashize iminsi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta ahuye imbonankubone na Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga wa Congo, Christophe Lutundula.

Perezida João Lourenço umuhuza w’ibihugu byombi nabwo yohereje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga we kujya i Kinshasa n’i Kigali, kubamenyesha umugambi wo kubafasha gukemura amakimbirane mu nzira y’amahoro.

Ni mu gihe kuri ubu hari gushakwa inzira zose zacyemura ikibazo cy’mutekano mucye muri Congo.

Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba gaheruka kohereza muri Congo umutwe w’ingabo ugamije gusubiza ibintu mu buryo ndetse no kurwanya imitwe yose y’inyeshyamba iri mu Burasirazuba bwa Congo irimo na M23 . Gusa uwo mutwe nta bikorwa bidasanzwe uragaragaza kuva wagerayo.

Perezida Kagame ni ubwa mbere ahuye imbonankubone na mugenzi w’u Burundi Evariste Ndayishimiye

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Pingback: Uhuru Kenyatta yerekeje i Kinshasa mu rwego rwo gushakira amahoro akarere – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?