BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > UEFA Champions League: Amakipe y’ibigugu azahurira muri 1/8

UEFA Champions League: Amakipe y’ibigugu azahurira muri 1/8

admin
Last updated: November 7, 2022 3:25 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma ya tombola ya 1/8 mu mikino ihuza amakipe yabaye aya Mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi [Uefa Champions League], amakipe manini yisanze azacakiranira mu iki cyiciro.

Karim Benzema agiye kongera guhura na Mohammed Salah

Uyu munsi mu gihugu cy’u Busuwisi mu mujyi wa Nyon habereye tombola y’uko amakipe azahura mu cyiciro cya 1/8 mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere Champions League, akanayobora amatsinda yari aherereyemo.

Amategeko yagombaga kugenderwaho muri iyi tombola, ni uko nta kipe yari guhura n’indi bituruka mu gihugu kimwe cyangwa amakipe yari mu itsinda rimwe ngo yongere gutomborana.

Ikindi kigenderwaho, ni uko ikipe zabaye iza Mbere zitombola izabaye iza Mbere kandi izi akaba ari zo zibanza kwakira imikino ibanza.

Muri iyi tombola yamaze kuba harimo imikino ikomeye bitewe n’amakipe azahura. Umukino wa mbere ukomeye ni uzahuza amakipe yakinnye umukino wa nyuma w’iri rushanwa umwaka ushize ari yo Real Madrid na Liverpool warangiye ikipe ya Real itsinze Liverpool igitego 1-0.

Hari n’indi mikino izaba ikomeye harimo uwa PSG yo mu Bufaransa izahura na Bayern Munich yo mu Budage. Chelsea izahura na Dortmund nawo uzaba ukomeye, dore ko Chelsea ari yo ifite igikombe cya 2020/21 yatwaye itsinze Manchester City.

Bisobanye ngo mu makipe afite akazi gakomeye, harimo Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, Liverpool yo mu Bwongereza na Tottenham yo muri icyo gihugu.

Uko tombola yose yagenze:

  • Leipzig Vs Manchester City
  • Club Brugge Vs Benfica
  • Liverpool Vs Real Madrid
  • AC Milan Vs Tottenham
  • Eintrancht Frankfurt Vs Napoli
  • Borussia Dortmund Vs Chelsea
  • Inter Milan Vs FC Porto
  • Paris Saint-Germain Vs Bayern Munich

Imikino ibanza izaba hagati y’amatariki 13,14,21,22 Gashyantare 2023 mu gihe iyo kwishyura iteganyijwe kuba muri Werurwe guhera tariki ya 7,8,14,15. Nyuma y’iyo mikino hazahita haba indi tombola tariki 17 Werurwe 2023 y’uburyo amakipe azaba yakomeje azahura muri ¼ na ½.

Umukino wa nyuma muri iri rushanwa uzabera mu mujyi wa Istanbul mu gihugu cya Turquie, ku kibuga cya Atatürk Olympic Stadium. Uyu mukino uteganyijwe kuzaba tariki 10 Kamena 2023.

Bayern Munich yisanze igomba kujya i Paris
Liverpool ifite akazi gakomeye iwayo

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • NIYODUKUNDA says:
    November 7, 2022 at 7:18 pm

    NISAWA.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?