BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > RDC: Abaminisitiri bamanutse gutera akanyabugabo FARDC isumbirijwe ku rugamba

RDC: Abaminisitiri bamanutse gutera akanyabugabo FARDC isumbirijwe ku rugamba

admin
Last updated: November 3, 2022 6:30 pm
admin
Share
SHARE

Itsinda ry’Abaminisitiri ba Leta ya Congo kuri uyu wa kane, tariki 3 Ugushyingo bageze i Goma mu murwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu rugendo rugamije gutera akanyabugabo ingabo za FARDC zihanganye na M23.

Benshi urugendo rw’aba ba Minisitiri barufashe nk’ubutembere

Ni itsinda rigizwe na Minisitiri w’ingabo, Gilbert Kabanda, Minisitiri w’Inganda, Julien Paluku, Minisitiri w’amashuri makuru na za Kaminuza Muhindo Nzangi, Désiré Birihanze w’ubuhinzi na Modeste Mutinga ushinzwe imibereho myiza, ibikorwa by’ubutabazi n’ubufatanye.

Baherekejwe kandi n’abadepite baturutse i Kinshasa batowe mu Mujyi wa Goma no muri Teritwari ya Rutshuru n’abasirikare benshi babarindiye umutekano.

Minisitiri w’ingabo za RD Congo, Gilbert Kabanda, uyoboye iri tsinda yabwiye itangazamakuru ko baje kugenzura ibikorwa bya gisirikare biri gukorwa muri Rutshuru byo kurwanya inyeshyamba za M23.

Yavuze ko bazanye n’imfashanyo ku baturage bakuwe mu byabo n’imirwano, yongera gushinja u Rwanda gushyigikira umutwe wa M23.

Yagize ” Ni ubutumwa bugamije kugenzura uko operasiyo yo kurwanya M23 n’u Rwanda iri kugenda muri Rutshuru.”

Ku wa gatatu, tariki ya 2 Ugushyingo, Minisitiri Kabanda yabwiye komite ishinzwe umutekano mu Nteko Ishinga Amategeko na Sena, ko “Guverinoma izakora ibishoboka byose kugira ngo isubirane vuba bishoboka ahantu hafashwe n’inyeshyamba za M23.”

Hari abafashe urugendo rw’aba ba Minisitiri nk’ubutembere no gusesagura umutungo w’igihugu, basaba ko haba ibiganiro by’amahoro abaturage bagasubira mu byabo.

Umwe mu banyamakuru uri mu Mujyi wa Goma yabwiye UMUSEKE ko uru rugendo rw’aba ba Minisitiri rudafite umumaro, ko Minisitiri w’Ingabo yari ahagije.

Ati “Isoni kuri bo, ni ugusesagura amafaranga mu butumwa budafite akamaro, ntacyo ubu butumwa buzatanga, mbese ni ugutembera.”

Ku mbuga nkoranyambaga hari abavuze ko abarimo Minisitiri Julien Paluku na Muhindo Nzangi babonye umwanya mwiza wo kugaruka kwiyereka abo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru bakomokamo, mbere y’uko amatora ya 2023 agera. “Nadasubikwa kubera urwitwazo rw’intambara.”

Kugeza magingo aya, ibikorwa by’ubucuruzi mu Mujyi wa Goma biragenda biguru ntege nyuma yaho umutwe wa M23 ufunze umuhanda ujya muri Teritwari ya Rutshuru n’i Beni.

Ni mu gihe mu duce twigaruriwe na M23 nko mu Mujyi wa Bunagana abaturage bakomeje ibikorwa by’iterambere nta nkomyi.

Abaturage ba Rutshuru Centre na Kiwanja bavuga ko kugeza ubu nta bibazo bafitanye na M23 usibye abavuga, ko iyo ufashwe n’abasirikare bayo wanyweye inzoga ukarenza urugero, baguhata inkoni ugataha wasubiye kuri “Discipline !”.

Aba ba Minisitiri baherekejwe n’abasirikare benshi

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?