BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Akarere kahaye umurongo ikibazo cy’amakimbirane ashingiye ku nka borojwe

Nyanza: Akarere kahaye umurongo ikibazo cy’amakimbirane ashingiye ku nka borojwe

admin
Last updated: November 2, 2022 11:54 pm
admin
Share
SHARE

Abaturage bibumbiye hamwe bagahabwa inka muri gahunda ya “Girinka munyarwanda” bagasabwa kuzororera hamwe, bamwe bagacika intege bakazita abandi bagakomeza kuzitaho, ubu bari mu makimbirane.

Ubuyobozi bw’akarere bwahagurukiye iki kibazo ngo gikemuke

Bariya bari mu itsinda bise “Reberaho Nyabinyenga” riherereye mu mudugudu wa Kandihe, mu kagari ka Nyabinyenga mu murenge wa Cyabakamyi ho mu karere ka Nyanza borojwe inka 6 mu mwaka wa 2009 n’Umushinga Global Fund muri gahunda ya “Girinka munyarwanda”.

Bose bari abanyamuryango 20, baza kugira intege nke, itsinda rirasenyuka bamwe mu banyamuryango 14 barivamo hasigara 6 bonyine.

Nyuma mu mwaka wa 2012 baje gusanga gukomeza kuzitaho mu buryo bwa rusange batazazishobora barazigabana buri wese ayijyana inka iwe.

Ubu ba bandi bavugwaho kuzitererana barashinja abagerageje kuzitaho, ko inka z’itsinda bazigize izabo maze amakimbirane ku mpande zombi agahera aho.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme, yabwiye UMUSEKE ko iki kibazo bakimenye kandi bagihaye umurongo.

Ati “Ni gahunda ya Girinka, abakizifite twabasabye koroza abandi kugeza itsinda ryose ryorojwe, ku buryo n’abo bireba babisinyiye.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko bariya bahoze mu itsinda ikibazo bakijyanye mu Bunzi, bagasanga kirenze urwego rwabo.

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Rebero Jeremy says:
    November 3, 2022 at 7:11 pm

    Hakwiye isuzumwa lya ziriya nka na programu yayo. Ni ikintu gihombya abaturage yuko akenshi kibagira abaja ndetse kikanabakenesha. Ubworozi bwo mu biraro ntibujyanye n’imibereho cyanga n’ubukungu bw’igihugu cyacu.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?