BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 19, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Kenya irohereza batayo y’ingabo zidasanzwe kujya guhashya M23

Kenya irohereza batayo y’ingabo zidasanzwe kujya guhashya M23

admin
Last updated: November 2, 2022 8:07 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Kenya William Ruto yasinye itegeko ryemerera ingabo za Kenya [KDF] kwinjira ku mugaragaro ku butaka bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo kujya gufasha FARDC guhangana n’inyeshyamba zirimo M23 yazengereje Leta.

Ingabo za Kenya ziroherezwa muri Congo guhangana na M23

Abasirikare ba Kenya baroherezwa muri Congo kuri uyu wa gatatu saa mbili n’igice za mu gitondo mu murwa mukuru Nairobi.

Bagiye kuba mu mutwe w’ingabo z’akarere zizafasha mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro yayogoje Uburasirazuba bwa Congo.

Zahawe kandi misiyo yo gufasha gutsinda umutwe wa M23 ukomeje gukubita umusubirizo ingabo za Leta ya Congo.

Ni misiyo y’injyanamuntu kuko M23 ivuga ko uzayishozaho urugamba izamurwanya nta kujenjeka. Isaba ibiganiro by’amahoro bitanyuze ku mututu w’imbunda.

Twabibutsa ko izi ngabo za Kenya zigiye muri Congo nyuma y’iminsi bitangajwe ko hari izari zoherejweyo mbere zasubiye muri Kenya mu buryo bwa rwihishwa.

Amakuru avuga ko zimwe ibyo kurya kubera ko zatangaje ko zitazanywe no guhangana na M23 ko misiyo yazo kwari ukujya hagati y’abarwana.

Ibi bihabanye n’izoherezwa uyu munsi kuko zigomba kujya ku murongo w’urugamba gufasha FARDC ikubitwa amanywa n’ijoro na M23 ya Gen Sultan Makenga.

Ingabo za Kenya zibaye iza kabiri zigiye kwinjira muri RDC ku mugaragaro nyuma y’iz’u Burundi, zose zigamije gufasha igisirikare cya Congo (FARDC) guhangana n’imitwe yitwaje intwaro.

Igitekerezo cyo kohereza umutwe w’ingabo z’akarere cyatanzwe kinemezwa mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka.

Iki cyemezo cyo kohereza ingabo za EAC muri Congo ntikireba u Rwanda kuko rushinjwa kuba nyirabayazana w’intambara umutwe wa M23 wagabye kuri Leta ya Perezida Tshisekedi.

U Rwanda ruhakana ibyo rushinjwa na RDC rugasaba ko haba inzira y’ibiganiro bigamije amahoro hagati ya Leta ya Congo n’umutwe wa M23.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa rimwe mu matorero akomeye muri Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Werurwe 2026, Perezida…

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru…

Imikono y’igikombe cy’Isi cyizanyuzwa no kuri YouTube 

Mu gihe benshi bagorwa no kureba imikino itandukanye yo hanze y’u Rwanda…

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

Abadepite bo ku rwego rw’intara muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira…

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

1 Min Read
Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?