BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Karongi: Akarere kasobanuye impamvu yo guca imyenda ikojeje isoni

Karongi: Akarere kasobanuye impamvu yo guca imyenda ikojeje isoni

admin
Last updated: October 18, 2022 3:40 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwatangaje ko mu guca imyenda ikojeje isoni no gukumira abatarazuza imyaka y’ubukure mu tubari, ari ukugira ngo barwanye amakimbirane n’imirire mibi mu miryango.

Ibiro by’Akarere ka Karongi

Umuntu ashobora guhita yibaza aho imyenda ikojeje isoni n’amakimbirane cyangwa imirire byaba bihuriye, gusa ubuyobozi bwo busobanura ko abajya mu kabari batubahirije amabwiriza yashyizweho bazahanwa.

Ku wa 3 Ukwakira 2022 ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwandikiye ubuyobozi bw’amahoteri, za moteri n’utubari, bubihanangiriza kutemera kwakira abantu bose bafite imyambarire ikojeje isoni, abana batujuje imyaka y’ubukure yemerwa mu Rwanda (18) hamwe n’abantu bakoresha ibiyobyabwenge n’abakunda kugaragaraho ubusinzi bukabije.

Iyi baruwa yamenyeshejwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Karongi, Ubuyobozi bwa Polisi mu Karere ndetse n’abanyamabanga Nshingwabikorwa, ivuga ko uzarenga kuri ayo mabwiriza azabihanirwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine, yatangaje ko bahisemo kurwanya ubusinzi kugira ngo umuryango ubone umwanya wo gukorera urugo no kurera abana.

Yagize ati ati: “Twebwe ntabwo dushaka ubusinzi. Turarwanya ubusinzi kugira ngo abantu bashobore gukora, bashobore gutera imbere, turwanye imirire mibi, turwanye n’amakimbirane mu ngo, naho kwambara nabi, twashakaga ko abantu bambara byiyubashye.”

Uyu muyobozi yakomeje agira ati “Turi Akarere gaturiye amazi kandi hari imyenda yo kujyana ku mazi, hari imyenda yo kwambara wagiye mu bantu benshi, kandi ibi bigamije gusigasira umuco wacu.”

Mukarutesi yatangaje ko kugeza ubu nta we arahanirwa ayo mabwiriza kuva itangazo ryashyirwa hanze, ariko ko bashaka gukomeza kuganira n’amahoteri n’abandi bakira abantu nta we uhutajwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi avuga kandi ko imyenda ikojeje isoni ari imyenda iboneka ko iteye isoni kandi bakomeje ibiganiro n’abafite utubari n’amahoteri kugira ngo batazagira uwo babangamira.

ISOOKO: KigaliToday

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?