BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abasirikare 11 b’Uburusiya barashwe n’abantu bitwaje intwaro

Abasirikare 11 b’Uburusiya barashwe n’abantu bitwaje intwaro

admin
Last updated: October 16, 2022 10:27 am
admin
Share
SHARE

Ku kigo kitorezaho abasirikare b’Uburusiya, abantu bitwaje intwaro ku wa gatandatu barashemo abagera kuri 11.

Abagabo babiri barashe abasirikare 11 b’Uburusiya

Ubwo imyitozo yo kurasa yari irimbanyije, abagabo babiri batangiye kurasa abitoza ngo bazajye kurwana muri Ukraine, nk’uko ibiro ntaramakuru by’Uburusiya, Ria byabitangaje.

Minisiteri y’ingabo mu Burusiya ivuga ko bariya bagabo babiri ari abo mu gihugu cyahoze muri Leta y’Abasoviyeti ariko icyo gihugu nticyavuzwe izina.

Na bo ngo baje kuraswa barapfa muri iyo mirwano yabereye mu Ntara ya Belgorod mu Burusiya, ikaba ihana imipaka na Ukraine.

Muri kuri kurasana abantu 15 bakomeretse.

Ibiro ntaramakuru by’Uburusiya, Rai byasubiyemo itangazo rya Minisiteri y’Ingabo, ya kiriya gihugu.

Rigira riti “Mu myitozo yo kurasa ihabwa abantu bafite ubushake bwo kujya kurwana muri Ukraine, ibyihebe byarashe bikoresheje imbunda nto ku bantu ba ririya tsinda.”

Itangazo rikomeza rivuga ko “Kubera kuriya kurasana, abantu 11 bakomeretse barapfa. Abandi bantu 15 bagize ibikomere bitandukanye bajyanwa kwa muganga.”

Umuyobozi w’Intara ya Belgorod yavuze ko nta muturage we wapfuye cyangwa ngo akomereke.

Mu kwezi gushize Perezida Vladimir Putin yategetse ko abasirikare bashya ibihumbi 300 bahabwa imyitozo, bakaba bagizwe n’abigeze guhabwa amahugurwa ya gisirikare.

Uku guhamagara kwa Putin kwateye benshi kujya mu mihanda babyamagana, abandi babishoboye bahunga igihugu.

BBC ivuga ko nyuma ya ririya tangazo, umwe mu bari bashinzwe kwandika abajya mu gisirikare yarashwe n’abantu ku biro bye mu Ntara ya Siberia.

Mu cyumweru gishize Perezida Putin yatangaje ko abantu 200,000 bamaze kujya mu gisirikare, bityo ko atabona indi mpamvu yo kongera guhamagarira abanda kukijyamo.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Pingback: UPDATES: Uburusiya bwarashe Kyiv bukoresheje indege zitagira abapilote – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?