BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AMAFOTO: Kalimba Alice yishimiwe mu ikipe ye nshya

AMAFOTO: Kalimba Alice yishimiwe mu ikipe ye nshya

admin
Last updated: October 15, 2022 2:06 pm
admin
Share
SHARE

Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore [She-Amavubi] na Association Najah Souss Women Football Club yo mu Cyiciro cya Mbere mu gihugu cya Maroc, Kalimba Alice yatangiye akazi mu ikipe ye nshya.

Kalimba Alice yatangiye imyitozo mu ikipe ye nshya

Nyuma yo gusinya amasezerano y’imyaka ibiri, icyagombaga gukurikiraho ni ukujya gutangira akazi kuri Kalimba ukina hagati mu kibuga.

Akigera muri Maroc, yakiriwe neza nk’uko abyimeza mu kiganiro cyihariye yagiranye na UMUSEKE.

Ati “Banyakiriye neza cyane. Baranyishimiye pe nanjye numva biranyuze.”

Uyu mukinnyi yakomeje avuga ko ikipe ya Association Najah Souss Women Football Club, ibayeho kinyamwuga kuri buri kimwe, ifite stade yayo kandi ifite cyose cyafasha umukinnyi gukora akazi neza.

Ati “Ubuzima ikipe ibayemo ni bwiza. Ifite Stade yayo nziza, ifite ubuyobozi buyifasha buri kimwe, ifite imodoka idutwara mu myitozo ndetse no mu mikino ya shampiyona. Ituye mu Mujyi rwagati mbese, ni iy’abanya-Mujyi. Buri kimwe naragishimye nta kibazo.”

Muri iyi kipe abakinnyi ntabwo babana kuko abenshi ari abene-gihugu, ariko abandi b’abanyamahanga buri wese akibana.

Kuva Kalimba yahagera, ikipe yakinnye imikino itatu ya gicuti, itsindamo ibiri inganyamo undi umwe.

Uyu mukinnyi ngo yizeye kubona umwanya ubanzamo, cyane ko no mu mikino ya gicuti yabanjemo ndetse agakina iminota 90.

Ati “Yego rwose nzakina. Iyo mikino yose nabanjemo ndangiza iminota yose kandi baranshimye. Ndibaza nanjye niteguye gutangira shampiyona ndi muri 11 ba mbere nta kabuza kuko ndi muzima nta burwayi.”

Shampiyona y’icyiciro cya Mbere y’abagore muri Maroc, biteganyijwe ko izatangira ku Cyumweru tariki 16 Ukwakira.

Kalimba aheruka muri Scandinavia Women Football Club, yagiyemo avuye muri AS Kigali Women Football.

Undi mukinnyi w’Umunyarwanda wagombaga kujya gukina muri iyi kipe, ni umunyezamu Itangishaka Claudine ukiri mu Rwanda.

Alice mu mwambaro mushya

Alice yisanze neza mu kipe nshya

Association Najah Souss Women Football Club ibaho kinyamwuga

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?