BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gicumbi: Mukarubayiza yapfuye “mu buryo budasobanutse”

Gicumbi: Mukarubayiza yapfuye “mu buryo budasobanutse”

admin
Last updated: October 13, 2022 12:55 am
admin
Share
SHARE

Mu rukerera rwo kuri uyu rw’ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu, umugobo wari wararanye n’umugore we yamukozeho asanga yapfuye.

Ibara ritukura rigaragaza Akarere ka Gicumbi

Ahagana saa kenda z’ijoro (03h00′ a.m), nibwo urupfu rutunguranye “kandi rudasobanutse” rwa Mukarubayiza Petronile w’imyaka 26 y’amavuko rwamenyekanye.

Mukarubayiza Petronile, yari atuye mu mudugudu wa Birambo, akagari Cyeya, umurenge wa Rukomo, ari naho biriya byago byabereye.

Amakuru avuga ko ejo (ku wa Kabiri) yiriwe ari mu zima, nta n’ikibazo yari asanganywe, umugabo we Kanani Aloys w’imyaka 25 ngo yabyutse agiye hanze, amuvugishije yumva ntavuga, amukozeho yumva yapfuye.

Nibwo ngo yahamagaye abaturanyi, bahageze basanga koko Mukarubayiza yapfuye. Ubuyobozi buvuga ko uyu muryango nta makimbirane bari bafitanye.

Habingabire Justin uyobora Akagari ka Cyeya, yadutangarije ko amakuru bayamenye ko uriya muturage yapfuye, kandi ko nta kindi bagikeka kugeza ubu uretse kujyana umurambo we kwa muganga hakamenyekana icyo yazize.

Ati “Nta kintu na kimwe dukeka kuko mu ngo zifitanye amakimbirane ntabwo babagamo.”

Ubwo twavuganaga, yatubwiye ko bari bategereje inzego z’Ubugenzacyaha ngo zikore iperereza. Mukarubayiza asize umwana yari afite n’umugabo we Kanani.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?