BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Juno Kizigenza agiye gutaramira i Goma muri Congo

Juno Kizigenza agiye gutaramira i Goma muri Congo

admin
Last updated: October 10, 2022 2:20 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Juno Kizigenza azasusurutsa abatuye Umujyi wa Goma mu gitaramo cyo guhitamo umukobwa uzegukana ikamba ry’ubwiza rya “Miss Cleopatra 2022.”

Juno Kizigenza agiye gutamira abatuye Umujyi wa Goma muri Congo

Ni igitaramo biteganijwe ko kizaba ku wa 05 Ugushyingo 2022 muri Serena Hotel mu Mujyi wa Goma. abaturiye Imijyi ya Goma na Rubavu basabwe kwitabira ibi birori bigamije guhesha agaciro umukobwa.

Muri iki gitaramo Juno Kizigenza azahuriramo na Gaz Mawete uri mu bahanzi bakunzwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Umwe mu bategura “Miss Cleopatra” igiye kuba ku nshuro ya gatanu yabwiye UMUSEKE ko gutumira Juno Kizigenza byerekana umubano w’amahoro hagati y’abaturage ba Goma n’u Rwanda.

Ati “Turi abavandimwe kandi dusabwa kubana neza, Iki gitaramo twifuza ko cyazagaragaza aho tugeze kuko abaturage ku mpande zombi nta wuhejwe.”

Juno Kizigenza ugiye gutaramira bwa mbere mu Mujyi wa Goma ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa 10 Ukwakira yatangaje ko yiteguye gutanga ibyishimo muri uriya Mujyi.

Yagize ati “Goma, Nzahura nawwe ku ya 5 Ugushyingo 2022 muri Goma Serena Hotel, bizaba ari umuriro muri MISS CLEOPATRA.”

Global Meetings Company (Glomeec) itegura “Miss Cleopatra” ivuga ko muri ibyo birori umukobwa uhiga abandi mu Mujyi wa Goma azambikwa ikamba anahabwe akayabo k’amafaranga.

Kwinjira muri iki gitaramo ni 15$, 20$ ahasanzwe naho muri VIP ni 50$ mu gihe VVIP ari amadorali 100 y’Amerika.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?