BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > UR yihaye igihe kigufi ngo ibe yishyuye “ba nyakabyizi” basana iyahoze ari KIE

UR yihaye igihe kigufi ngo ibe yishyuye “ba nyakabyizi” basana iyahoze ari KIE

admin
Last updated: October 8, 2022 2:39 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, mu cyahoze ari KIE, bwasobanuye ko impamvu bwatinze kwishyura abubakaga inyubako ziri miri icyo kigo byatewe n’ikoranabuhanga ryabatengushye.

Abubaka imirimo yabo bayikoze ahahoze ari muri KIE

Kaminuza y’u Rwanda yizeza abaturage ko bazishyurwa bitarenze ku wa mbere.

Ku munsi w’ejo tariki ya 7 Ukwakira 2022, nibwo abubakaga izi inyubako bakoze igisa n’imyigaragambyo basaba kwishyurwa amafaranga baberewemo angana y’ukwezi kumwe.

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Kaminuza y’u Rwanda, Nzitatira Wilson yabwiye UMUSEKE ko aba baturage bakabaye barishyuwe ariko ko Banki Nkuru y’u Rwanda yababwiye ko iri kuvugurura ibijyanye n’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Ni abaturage barimo basana ikigo. Ni banyakabyizi, tubahemba buri cyumweru. Mu kujya kubahemba havuka ikibazo cy’ikoranabunga. Bahembwa ubundi buri ku wa Gatanu. Iyo byatinze, bifata ku wa kabiri. Bafitemo ibyumweru bitatu, kimwe cyaraye cyishyuwe ku mugoroba.”

Yakomeje agira ati “Twari twumvikanye ko ejo bundi ku wa mbere tuzabitwara kuri Banki Nkuru y’u Rwanda. Kuwa mbere bizageza saa munani ibyo byumweru byacyemutse.”

Nzitatira Wilson yabwiye UMUSEKE ko ko bamaze iminsi bajya kuri BNR, ati “Ejo bundi ku wa Kane tubitwaye, baratubwira ngo turi kuvugurura ikoranabuhanga (Upgrade system). Nta kibazo gihari cy’amafaranga, ni ikibazo cy’ikoranabunga gusa.”

 

Abakozi nta cyizere…

UMUSEKE wakubise icyumvirizo muri bamwe mu bakozi, dushaka kumenya niba koko batangiye kwishyurwa nk’uko ubuyobozi bubitangaza, gusa mu bo twabajije batubwira ko nta mafaranga aragera kuri konti nubwo umuntu atakwemeza ko ari bose.

Umwe yagize ati “Ko nta mafaranga ndabona?  Bamaze iminsi badukina ako gakino, batubwira ngo bagiye kubikora, bagiye kubikora.”

Aba baturage basaba ko bahabwa amafaranga bakoreye akabafasha kwita ku miryango yabo.

Kigali: Abubaka mu cyahoze KIE bakoze igisa n’imyigaragambyo bishyuza 

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?