BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ubutabera nyabwo ni ubutangiwe ku gihe – Me Ibambe

Ubutabera nyabwo ni ubutangiwe ku gihe – Me Ibambe

admin
Last updated: October 6, 2022 1:21 pm
admin
Share
SHARE

Umunyamategeko, Ibambe Jean Paul wunganiye Abanyamakuru bafunzwe imyaka 4 bakagirwa abere ku wa Gatatu, tariki 05/10/2022, yagize icyo abivugaho.

Aba banyamakuru uko ari batatu bakoreraga YouTube channel yitwa IWACU TV (Photo The Chronicles)

Icyemezo cy’Urukiko UMUSEKE wabonye kivuga ko Mutuyimana Jean Damascène, Nshimiyimana Jean Baptiste na Niyonsenga Shadrack batakurikiranwaho icyaha cy’ikwiza ry’impuha zigamije kwangisha Leta y’u Rwanda mu bihugu by’amahanga.

Undi mwanzuro w’urukiko uvuga Mutuyimana, Nshimiyimana na Niyonsenga badahamwa n’icyaha cyo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.

Urukiko kandi rwategetse ko bariya baregwaga bahita barekurwa urubanza rukimara gusomwa.

Kuri Me Ibambe Jean Paul wunganiye mu rukiko aba banyamakuru mu gihe cy’imyaka ine bamaze bafunzwe, asanga ubutabera bwaratinze.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Ibambe yagize ati “Ni ibyishimo kuri twe kuba bigezeho bagahabwa ubutabera. Ariko ubutabera bwuzuye ni ubutangiwe ku gihe.”

Me Ibambe Jean Paul avuga ko yifuza ko abantu bajya bemererwa gutanga ingwate aho gufungwa, kandi igihe bafunzwe by’agateganyo bakaburanishwa ku gihe, “kugira ngo batabirenganiramo”.

Urukiko rwavuze ko ikirego cy’Ubushinjacyaha kuri Mutuyimana, Nshimiyimana na Niyonsenga nta shingiro gifite.

Ku wa Gatatu tariki 05 z’ukwezi kwa 10 ni ukuvuga ejo hashize, nibwo Urukiko rwategetse ko Mutuyimana Jean Damascène, Nshimiyimana Jean Baptiste na Niyonsenga Shadrack batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube, IWACU TV barekurwa kuko ari abere. Bafunzwe mu kwezi kwa 10 mu mwaka wa 2018.

Abanyamakuru bakoreraga kuri YouTube basabye Urukiko rw’Ubujurire gukurikiranwa badafunzwe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Umurungi Alice says:
    October 6, 2022 at 7:44 pm

    Ntibyumvikana ukuntu abantu bafungwa imyaka ine ari abere! Leta yagombye kubishyura iyo myaka ine yabafunze barengana mu gihe turirimba ubutegetsi bwiza mu gihugu.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Ubutabera

Gakenke: Umugore arakekwaho kwica umwana wavuze ko yibye inkoko y’abaturanyi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?