BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ubushinwa bwatanze umuburo ku nyeshyamba zayogoje RD Congo

Ubushinwa bwatanze umuburo ku nyeshyamba zayogoje RD Congo

admin
Last updated: October 3, 2022 12:06 pm
admin
Share
SHARE

Muri Loni, Ubushinwa  bwasabye ko imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo irambika intwaro hasi nta yandi mananiza.

Byatangajwe kuri iki cyumweru, tariki 2 Ukwakira mu itangazo rigaragaza ko Ubushinwa bushyigikiye ibikorwa bya Leta ya Kinshasa bwo kugarukana amahoro n’umutekano muri kiriya gihugu.

Ubushinwa bwagaragaje kandi ko bwiteguye kugira uruhare mu biganiro bya politiki hagati ya Leta n’imitwe y’inyeshyamba yitwaje intwaro ndetse ko biteguye no gufasha ibyo kugarura amahoro no kwambura intwaro ku ngufu imitwe izinangira.

Iri tangazo rigenewe abanyamakuru ryanditswe mu gihe cyo gusuzuma raporo ya nyuma y’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye ku kibazo cya DRC.

Ambasaderi Dai Bing, Intumwa ihoraho yungirije y’Ubushinwa muri Loni yamaganye iyongerekana ry’ihohoterwa ryabaye mu burasirazuba bwa DRC, anashimangira ko umutekano, ari cyo kintu cy’ibanze gikenewe kuruta ibindi.

Ambasaderi Dai Bing yavuze ko imitwe yitwaje intwaro nka M23 yateje akaga muri RD Congo ituma abaturage barenga miliyoni bava mu byabo.

Yagize ati “Ubushinwa bushyigikiye DRC mu bikorwa byayo bya gisirikare byo kurwanya ibikorwa by’urugomo, bikorwa ku bufatanye na MONUSCO n’ibihugu byo mu karere.”

Yashimangiye ko kubungabunga umutekano n’ibiganiro bya politiki ari ishingiro ry’amahoro n’iterambere muri RD Congo.

Ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje kugaragaza uruhande bihagazeho ku ntambara yabaye akarande mu burasirazuba bwa Congo, by’umwihariko ku guhangana kw’ingabo za Leta n’umutwe wa M23 wigaruriye Umujyi wa Bunagana n’utundi duce.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • kagenza says:
    October 3, 2022 at 1:14 pm

    Ariko China izi neza ko intambara zidakemura ibibazo.Yibuke ko Amerika iyisaba kureka gufata Taiwan ku ngufu.Umuririmbyi wo muli Congo Brazzaville witwa Casimir Zao Zoba yararirimbye ati:”Nimujugunye intwaro zanyu.Twimakaze urukundo tureke kurwana”.Aho kumva iyo nama,ibihugu byongera military budget,bigakora ibitwaro byasenya isi yose mu kanya gato,abantu bose bagashira.Military Defense Budget y’ibihugu byose,igera kuli 2 Trillions USD ku mwaka.Nkuko ijambo ry’Imana rivuga,ku munsi w’imperuka Imana izatwika intwaro zose zo ku isi,ikureho intambara.Kuli uwo munsi kandi,izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza,harimo n’abarwana.Uwo niwo muti rukumbi w’intambara zimaze guhitana abantu barenga 1 billion (milliard) kuva Muntu yaremwa.

    Reply
    • Ndengejeho Henry says:
      October 4, 2022 at 7:19 pm

      Nemeranya nawe yuko mta ma limwe intambara irangira idahitanye abantu, cyane cyane hagapfa ab’inzirakarengane. Gusa hari abishimira ko abantu bapfa. Hari uwavuzeko atishimira ko intambara zarangira ngo yaba abuze ikiraka. Aho gushyirwa ku ruhande ahubwo yaragororewe! Abanyarwanda rero dusigaranye icyasha cya bagashozantambara mu karere! Intambara yashojwe n’ingabo z’Urwanda muri 1996 muri Kongo niyo nyirabayazana y’ibibazo byose akarere gafite ubu. Aho bigeze rero numva dukwiye guhagurukira limwe tukanga intambara n’ibyayo byose. Ntacyo twasaruye uretse urupfu n’urwango.

      Reply
  • kagenza says:
    October 3, 2022 at 1:14 pm

    Ariko China izi neza ko intambara zidakemura ibibazo.Yibuke ko Amerika iyisaba kureka gufata Taiwan ku ngufu.Umuririmbyi wo muli Congo Brazzaville witwa Casimir Zao Zoba yararirimbye ati:”Nimujugunye intwaro zanyu.Twimakaze urukundo tureke kurwana”.Aho kumva iyo nama,ibihugu byongera military budget,bigakora ibitwaro byasenya isi yose mu kanya gato,abantu bose bagashira.Military Defense Budget y’ibihugu byose,igera kuli 2 Trillions USD ku mwaka.Nkuko ijambo ry’Imana rivuga,ku munsi w’imperuka Imana izatwika intwaro zose zo ku isi,ikureho intambara.Kuli uwo munsi kandi,izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza,harimo n’abarwana.Uwo niwo muti rukumbi w’intambara zimaze guhitana abantu barenga 1 billion (milliard) kuva Muntu yaremwa.

    Reply
    • Ndengejeho Henry says:
      October 4, 2022 at 7:19 pm

      Nemeranya nawe yuko mta ma limwe intambara irangira idahitanye abantu, cyane cyane hagapfa ab’inzirakarengane. Gusa hari abishimira ko abantu bapfa. Hari uwavuzeko atishimira ko intambara zarangira ngo yaba abuze ikiraka. Aho gushyirwa ku ruhande ahubwo yaragororewe! Abanyarwanda rero dusigaranye icyasha cya bagashozantambara mu karere! Intambara yashojwe n’ingabo z’Urwanda muri 1996 muri Kongo niyo nyirabayazana y’ibibazo byose akarere gafite ubu. Aho bigeze rero numva dukwiye guhagurukira limwe tukanga intambara n’ibyayo byose. Ntacyo twasaruye uretse urupfu n’urwango.

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?