BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Singapore

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Singapore

admin
Last updated: September 30, 2022 7:12 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame n’itsinda ry’abayobozi bari kumwe, batangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu gihugu cya Singapore.

Perezida Kagame yatangiriye uruzinduko rwe kuri Nanyang Technological University

Uruzinduko rubarwa uhereye kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame yabanje kujya kuri Kaminuza yitwa Nanyang Technological University, akaba yasuye ibikorwa binyuranye, anabwirwa amateka y’imyaka 30 iyi kaminuza imaze yatumye igera ku rwego rwa zimwe mu ziyoboye ku isi.

Perezida Paul Kagame azagirana ibiganiro na Perezida wa Singapore, Halimah Yacob, ndetse na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Lee Hsien Loong.

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame aratanga ikiganiro kuri Kaminuza ya Nanyang Technological University kitabirwa n’abayobozi mu bigo bya Leta n’abigenga, ndetse n’abanyeshuri iki kiganiro kikaba kizwi ku izina rya Majulah Lecture.

Ikiganiro kiraza kubazwamo ibibazo maze Perezida Kagame abisubize, kikayoborwa na Perezida wa Kaminuza, Prof. Subra Suresh.

Majulah Lecture cyatangijwe muri 2017 kikaba gihuza abayobozi ba Leta n’abigenga bakungurana ibitekerezo.

Perezida Paul Kagame yanakurikiranye isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Nanyang Technological University na Ministeri y’Uburezi.

Perezida Kagame yakurikiranye isinywa ry’amasezerano hagati ya Nanyang Technological University na Ministeri y’Uburezi

Aya masezerano azatangira gushyirwa mu bikorwa mu mwaka utaha, arimo guha amahirwe Abanyarwanda bakajya kwiga muri iyi kaminuza iri mu zikomeye ku isi.

Village Urugwiro, ibiro by’Umukuru w’Igihugu bivuga ko Perezida Kagame nava kuri iriya Kaminuza, ajya ku ngoro ya Perezida wa Singapore yitwa Istana, akagira ibiganiro na Perezida Halimah Yacob.

Nyuma yo guhura na Perezida wa Singapore, nibwo Kagame azagirana ibiganiro na Minisitiri w’intebe, Lee Hsien Loong.

Rwanda na Singapore bifitanye umubano ukomeye, muri Kamena 2022, minisitiri w’intebe, Lee Hsien Loong yasuye u Rwanda anitabira inama ya CHOGM.

Ubufatanye bw’ibi bihugu bushingiye ku bucuruzi n’ishoramari, uburezi, kubungabunga ibidukikije, imiyoborere, ikoranabuhanga, ubutabera n’iby’ingendo z’indege.

Perezida Kagame azasura Kaminuza izwi cyane muri Singapore

AMAFOTO@Village Urugwiro Twitter

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Karake Jeanine says:
    September 30, 2022 at 6:27 pm

    Nashakishije mu ngereko (listings) za Kaminuza zizwi, nta na hamwe nabonye ririya shuri? ndakeka rero biriya ari igipindi! Niba hasinywe amasezerano hagati ya ririya shuri na Minisiteri y’uburezi. Mwavuze icyo ilyo shuri rizatanga, ni iki Urwanda ruzaliha?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?