BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uganda: Abantu 21 bamaze guhitanwa n’icyorezo cya Ebola

Uganda: Abantu 21 bamaze guhitanwa n’icyorezo cya Ebola

admin
Last updated: September 26, 2022 9:22 am
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yatangaje ko icyorezo cya Ebola kimaze guhitana abantu 21 mu gihe abagera kuri 17 barembye cyane.
Igihangayikishije kurushaho, ni uko kugeza ubu hataraboneka urukingo rwahangara iyi ndwara nk’uko byagenze mu myaka ishize.

Kuri twitter ya Minisiteri y’Ubuzima, bavuze ko abantu bane bashya bitabye Imana abandi 17 barembye cyane ni mugihe abagera kuri 18 bagaragaza ibimenyetso bya Ebola.

Iyi Minisiteri ivuga ko uturere twa Mubende, Kyegegwa na Kassanda ari two twibasiwe kurusha utundi.

Abayobozi baheruka gutangaza ko iyi ndwara ifite inkomoko muri Sudani, yatangiriye mu Karere ka Mubende mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Nzeri.

Umuntu wa mbere wagaragayeho iyi ndwara ni umugabo w’imyaka 24, yahise inamuhitana.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, riherutse gutangaza ko iyi Ebola ifite inkomoko muri Sudani, ifite imbaraga nke ugereranyije n’iyarifite inkomoko muri Congo yagaragaye mu 2018-2020 ikaza kwica abagera ku 2300 muri icyo gihugu.

URwanda rwafashe ingamba…

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse, aherutse gutangaza ko  inzego zishinzwe ubuzima zikomeje gukurikirana kandi ziri maso hirindwa ko Ebola yagera mu Rwanda.

Ati ‘‘Kuba ari abantu bagenda buri munsi kandi hari icyorezo, ibyago byo kuba bakizana mu gihugu cyacu birahari, ariko kugeza ubu ndagira ngo mpumurize Abanyarwanda ko nta gikuba kiracika, nta murwayi wa Ebola uragaragara mu Rwanda.”

Dr Mpunga yakomeje avuga ko u Rwanda rwubatse ubushobozi bwo guhangana na Ebola.

Yagize ati “Murabizi muri Congo za Beni n’agace ka Ituri hakunze kuboneka ikibazo cya Ebola gikomeye cyane, u Rwanda rero rumaze imyaka myinshi twitegura, twubatse ubushobozi ku mipaka bwo gupima, twanashatse abakozi tubaha amahugurwa ahagije barahari.”

Ibimenyetso bya Ebola birimo kugira umuriro, kurwara umutwe, kuribwa mu ngingo, kubabara rnu muhogo, gucika intege, guhitwa, kuruka cyane kandi kenshi, kuribwa mu nda no kuva amaraso ahantu hose hari umwenge ku mubiri w’umuntu.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?