BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Umuyobozi arashinjwa gutegeka kuragira imyaka y’abaturage

Musanze: Umuyobozi arashinjwa gutegeka kuragira imyaka y’abaturage

admin
Last updated: September 26, 2022 8:59 am
admin
Share
SHARE
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Rugarama, AKagari ka kabeza  mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, barashyira mu majwi umuyobozi w’Akagari kuba yarategetse abashumba kubaragirira amasaka bari babibye nyuma y’aho babuze ingano bari bategetswe, ubuyobozi bw’Akarere burabihakana.

Ibiro by’Akarere ka Musanze

Abavuganye na Radio /TV1 bavuze ko ubwo bajyaga gushaka ingano ndetse bakazibura babwiwe ko ubutaka bwabo butagenewe guhingwamo ingano.

Aba baturage bavuga ko nyuma yo kubwirwa ko nta ngano bahisemo guhinga amasaka bari basanzwe bahinga ariko ushinzwe umutekano mu Mudugudu afatanyije na Gitifu w’Akagari bababuza kuyabagara maze bategeka abashumba kuyaragira.

Umwe yagize ati “Baravuga bati amasaka muzayaragire ari kubwira abashumba. Ntacyo twakora, none twarwana n’umuyobozi?.”

Undi nawe yagize ati “Ejo bundi twasanze baharagiye. bavuga ko uwo mustari(ushinzwe umutekano) uri kubwira abantu ngo baze baragire .Reba aha hose hari amasaka(yereka umunyamakuru).”

Aba baturage bavuga ko ufashwe abagara amasaka ajyanwa ku Kagari , agacibwa amande arenga 10.000frw  ndetse akanishyura abamujyanye.

Umwe yagize ati” Namaze guhinga amasaka, baza kunshikira(kumfata) ndi iwanjye,. Natanze 80.000frw.None navayo ntayo.”

Ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Rugarama, uvugwaho gukorana na Gitifu w’Akagari mu kubwira abashumba kuragira amasaka y’abaturage we arabihakana.

Yagize ati“Ibyo bavuga ni ukubeshya. Ntabwo umuntu w’umugabo nategeka ngo baragire imyaka y’abandi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Ramuli Janvier, avuga ko iki kibazo atarakizi , avuga ko kuba hatakozwe ubukangurambaga busobanurira abaturage uko bahinga, igisubizo cyidakwiye kuba kuragira imyaka.

Yagize ati“Ntaho nzi wagiye konesha amasaka mu rwego rwo kuyaca kuyahinga, icyo ni ikizira. Hari site zagenewe ibihingwa , niba ari ahagenewe ingano, uwaciye mu rihumye ubuyobozi wenda tutarakoze ubukangurambaga ngo babyumve, haragenewe guhinga ingano, agaca mu rihumye agahinga amasaka, igisubizo ntabwo ari ukurandura cyangwa ngo aragirwe mu rwego rwo guca intege abahinze amasaka.”

Aba baturage bo bavuga ko kuba bari barahinze amasaka bari kubareka akabanza kwera cyane ko bari babuze ingano bari bategetswe.

Kugeza ubu ntibizwi niba uwakoze ayo makosa azayaryozwa nk’uko abaturage babyiguza.

Ivomo : Radio/TV1
TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?