BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Gen Muhoozi arategura uruzinduko mu Rwanda

Gen Muhoozi arategura uruzinduko mu Rwanda

admin
Last updated: September 24, 2022 11:08 am
admin
Share
SHARE

Gen Muhoozi Kainerugaba kuri uyu wa Gatandatu yavuze ko afite uruzinduko mu Rwanda, rugamije kwiga ubworozi.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba (Archives)

Muhoozi amaze kuba umusangwa mu Rwanda kuba yatangira kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame mu ntangiriro z’umwaka wa 2022, ndetse byaje gutuma igihugu cye cyongera kubana neza n’u Rwanda.

Yagize ati “Inkotanye cyane! Turategura kugaruka mu gihugu cyacu cya kabiri… U Rwanda rwiza.”

Ubwo butumwa bwo kuri Twitter buherekejwe n’ifoto imaze igihe, ubwo Muhoozi yahuraga na Perezida Paul Kagame bakiyemeza kubyutsa umubano no gufungura imipaka yari imaze imyaka hafi itatu ifunzwe.

Ni ubutumwa kandi bwabanjirijwe n’ubwo Gen Muhoozi yanditse ku mugoroba wo ku wa Gatanu, nabwo agaragaza ko afite uruzinduko mu Rwanda nubwo nta tariki yatangaje.

Yagize ati “Nishimiye gutangaza ko vuba aha nzasura “My Uncle” Nyakubahwa Paul Kagame, nzamenya byinshi bijyanye n’ubworozi bw’inka.”

Gen Muhoozi yavuze ko i Kigali azabonana n’inshuti z enyinshi. Ati “Imana ihe umugisha Uganda n’u Rwanda!”

Ubutumwa bwe buherekejwe n’amafoto y’igihe aheruka mu Rwanda, akajyana n’umuryango wa Perezida Paul Kagame mu rwuri rwabo ruri i Gako mu Bugesera.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka, akaba n’umujyanama wa Perezida Yoweri Museveni, aheruka mu Rwanda muri Weurwe 2022.

Gen Muhoozi umuhungu wa Museveni yagarutse mu Rwanda

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?