BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > CAF CC: Rashid yongeye gufasha AS Kigali

CAF CC: Rashid yongeye gufasha AS Kigali

admin
Last updated: September 18, 2022 8:16 pm
admin
Share
SHARE

Igitego cya Kalisa Rachid cyafashije AS Kigali gukomeza mu kindi cyiciro cya CAF Confederation Cup isezereye ASAS Djibouti Télécom mu mukino wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye, kuri iki Cyumweru, tariki ya 18 Nzeri 2022.

Karisa Rashid yafashije AS Kigali gusezerera ASAS Djibouti Télécom

Wari umukino wo kwishyura mu irushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo (CAF Confederation Cup.

Igice cya mbere kigana ku musozo, AS Kigali yabonye penaliti nyuma y’ikosa ryakorewe kuri Hussein Tshabalala ariko Umunya-Cameroun Man Ykre ayiteye umunyezamu ayikuramo.

Amakipe yombi yagiye mu karuhuko anganya ubusa ku busa, nta yirabasha kureba mu izamu ry’indi.

Umutoza wa AS Kigali, Cassa Mbungo André, yakoze impinduka zitandukanye aho yakuye mu kibuga Man Ykre, yinjizamo Kone Félix.

Ikipe yatangiye gukina isatira birushijeho ndetse ku munota wa 67 Kalisa Rachid afungura amazamu kuri koruneri yatewe na Haruna Niyonzima, ikamusanga aho yari ahagaze nawe akaboneza umupira mu rushundura rw’izamu ryari ririnzwe na Innocent Mbonihankuye.

Umukino utari woroshye ku mpande zombi wagaragayemo amakarita menshi ku ruhande rwa ASAS Djibouti Télécom.

Byatumye Umurundi ukinira iyi kipe, Kaze Gilbert yerekwa amakatira abiri y’imihondo yamuviriyemo umutuku ahita avamo ku munota wa 73 w’umukino.

Umutoza Casa waranzwe no gusimbuza cyane mu gice cya Kabiri cy’umukino,  aho yakuragamo abakinnyi bayo bakina basatira agashyiramo abugarira.

Ibi byagaragazaga ko ashaka gufunga cyane. Byatumye afata icyemezo cyo gukuramo Haruna wari umeze neza mu kibuga amusimbuza Rukundo Denis ukina wugarira.

Abanyamujyi bari babonye abafana batari bacye bitewe n’uko kwinjira byari byagizwe ubuntu.

Ikipe ya AS Kigali yari yashyize igorora Abanyarwanda bose bifuzafa kureba umukino aho amatike yahasigaye hose yari ubuntu havuyemo imyanya y’icyubahiro gusa. N’ubwo ikibuga kituzuye kandi mbere y’umukino abayobozi b’ikipe bari bavuzeko imyanya yose yuzuye.

Abatoza ku ruhande rwa ASAS Djibouti Télécom ntibishimiye imisifurire kuko nyuma y’umukino bahise basagarira abasifuzi. Abasifuzi batabawe n’inzego z’umutekano zabafashije gusohoka mu kibuga amahoro.

Iyi ntsinzi yahise ituma iyi kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali  isezerera ASAS Djibouti Télécom yo muri Djibouti.

Umutoza Casa Mbungo André yari yakoze impinduka ebyiri ku ikipe yabanjemo mu gihugu cya Djibouti. Kalisa Rashid na Man Ykre batagaragaye mu mukino wa mbere bakiniye muri Djibouti, bari babanjemo bombi. Ikipe ya AS Kigali izakina na AL Nasry yo muri Libya mu mukino uzakurikiraho.

AS Kigali FC yabanjemo
ASAS Djibouti Télécom yabanjemo

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i  Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
Imikino

Camarade ari mu mazi abira nyuma yo gutangariza perezida wa Gorilla FC

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?