BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kigali: Umumotari yasanzwe mu gashyamba yapfuye, moto ye ntawayitwaye

Kigali: Umumotari yasanzwe mu gashyamba yapfuye, moto ye ntawayitwaye

admin
Last updated: September 14, 2022 12:01 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo uri mu Kigero cy’imyaka 35 wari usanzwe akora akazi ko gutwara abantu kuri Moto yasanzwe mu muhanda yapfuye, moto iri iruhande rwe. Bikekwa ko yishwe n’abagizi  ba nabi.

Abagenzacyaha batangiye iperereza ku cyishe uyu mumotari (Photo TV 1 Twitter)

UMUSEKE wamenye amakuru ko byabereye mu Mudugudu wa Nyakuguma, Akagari ka Kagasa, mu Murenge wa Gahanga, mu Karere ka Kicukiro.

Amakuru y’urwo rupfu yamenyekanye mu gitondo cyo  kuri uyu wa Gatatu, uwo mumotari yasangagwa mu gashyamba yashizemo umwuka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahanga, Rutubuka Emmanuel,yabwiye UMUSEKE ko amakuru bayamenye, ndetse ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha n’izindi zahageze ngo hakorwe iperereza.

Yagize ati “Twabimenye, yari afite amaraso bigaragara ko hari umuntu bashobora kuba barwanye. RIB yahageze, ibindi twabirekera inzego zibishinzwe.”

Uyu muyobozi yasabye abantu kuba maso bakicungira umutekano.

Yagize ati “Ni ugukomeza tukaba maso kuko bigaragara ko hari abashobora kuduca mu rihumye, bagahemukira abandi.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa gukorerwa isusuzuma kuri Laboratwari y’igihugu y’ibizamini bya Gihanga (RFL)  RFL’ iherereye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali.

RIB binyuze ku Muvugizi wayo, Dr. Murangira B Thierry yabwiye UMUSEKE ko iperereza rigikorwa.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?