BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Claudine na Kalimba bamenye igihe bazerekereza muri Maroc

Claudine na Kalimba bamenye igihe bazerekereza muri Maroc

admin
Last updated: September 12, 2022 1:36 pm
admin
Share
SHARE

Abakinnyi babiri b’ikipe y’Igihugu, Amavubi y’Abagore, barimo umunyezamu Itangishaka Claudine na Kalimba Alice ukina hagati mu kibuga, bazerekeza gukina muri Maroc mu minsi umunani iri imbere.

Itangishaka Claudine azerekeza muri Maroc tariki 20 Nzeri 2022

Muri Kamena 2022, nibwo Kalimba Alice na Itangishaka Claudine bohererejwe ubutumire n’ikipe y’abagore yo mu cyiciro cya Mbere muri Maroc.

Aba bakinnyi bombi babengutswe na Association Najah Souss Women Football Club yo mu cyiciro cya Mbere mu gihugu cya Maroc mu cyiciro cy’abagore.

Nyuma yo kohererezwa ubutumire, icyari gikurikiyeho ni ukumenya igihe aba bakinnyi bombi bazerekereza muri Maroc gusinya amasezerano no gutangira akazi.

Amatike y’indege y’aba bombi UMUSEKE ufitiye kopi, yerekana ko bazahaguruka mu Rwanda tariki 20 uku kwezi, bace Doha muri Qatar bazagere muri Maroc tariki 21.

Ibi bisobanuye ko aba bakinnyi bombi bafite iminsi itarenze umanani mu Rwanda, bakazahita bajya gukina nk’ababigize umwuga.

Aba bombi bakaba bafashwa na Amuri Moussa nk’ushinzwe kubashakira akazi no kubagira inama mu kazi kabo.

Amakuru UMUSEKE wamenye, ni uko ibikubiye muri aya masezerano byose biri hejuru y’ibyo bahabwaga mu makipe bakiniraga. Ku mukinnyi ukinira ikipe y’Igihugu, ahembwa amafaranga atari munsi y’Amadolari 500 [500$] ku kwezi, mu gihe agahimbazamusyi ku mukino ikipe yatsinze kangana n’Amayero 300 [300£].

Uretse aba bakinnyi, undi iyi kipe yabengutse ndetse nawe yanoherereje itike y’indege yo kujya gusinya no gutangira akazi, ni Tembeeni Zuena Azizi ukomoka muri Tanzania.

Kalimba aheruka muri Scandinavia Women Football Club, yagiyemo avuye muri AS Kigali Women Football. Itangishaka we yaherukaga muri OCL City yo muri DRC nyuma yo gukinira Scandinavia WFC, AS Kigali WFC na Fatima WFC.

Aba baraza biyongera kuri myugariro Clèmentine uri kubarizwa mu Bufaransa, nyuma yo kuva mu Rwanda agaca muri Kenya.

Itike y’indege ya Itangishaka Claudine
Itike y’indege ya Kalimba Alice

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?