BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > APR FC itangiye neza CAF Champions League itsinda US Monastir

APR FC itangiye neza CAF Champions League itsinda US Monastir

admin
Last updated: September 10, 2022 5:38 pm
admin
Share
SHARE

Umukono wa mbere wa CAF Champions League, APR FC itsinze US Monastir yo muri Tunisia, igitego kimwe ku busa (1-0).

APR FC ibashije gutsinda US Monastir ibifashijwemo no kuba abasifuzi b’Abarundi banze igitego cyo kwishyura cy’iyi kipe yo muri Tinusia (Photo Kayishema Tity Thierry)

Mugunga Yves yabonye inshundura ku munota wa 17’ w’umukino, ku mupira yaherejwe mu rubuga rw’amahina na Nshuti Innocent, na we ashyiraho umutwe ujya mu rushundura.

APR FC yakiniraga kuri Stade Mpuzamahanga y’i Huye, yihariye igice cya mbere cy’umukino, byashoboka ko itsinda ibitego birenze kimwe, ariko US Monastir yakomeje kugarira neza.

Igice cya kabiri cyahinduye isura, US Monastir ni yo yagikinnye neza, ndetse itsinda igitego ku munota wa 78’ byasaga naho abakinnyi b’inyuma ba APR FC bari bazi ko bararirije, ariko amashusho agaragaza ko uwari watsinze icyo gitego atari yaraririye nubwo umusifuzi w’Umurundi wo ku ruhande yamanitse igitambaro.

APR FC ifite akazi katoroshye ko gutsindira muri Tunisia iyi kipe ya US Monastir ukurikije uburyo yakinnye igice cya kabiri. Umukino uzaba tariki 18 Nzeri, 2022.

Ababanjemo ku ruhande rwa APR FC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?