BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Umwana yarohamye mu cyuzi ari kogana n’abandi

Nyanza: Umwana yarohamye mu cyuzi ari kogana n’abandi

admin
Last updated: September 7, 2022 4:27 pm
admin
Share
SHARE

Inkuru y’urupfu rwa  Chanceline USANASE w’imyaka  icyenda yamenyekanye mu masaha ya mu gitondo ahagana i saa tatu kuri uyu 07 Nzeri 2022, yaguye mu cyuzi cya Bishya.

Mu mutuku ni mu Karere ka Nyanza

Mu mudugudu wa Nyamiyaga, mu Kagari ka Gacu, mu Murenge wa Rwabicumu, mu Karere ka Nyanza haravugwa urupfu rw’umwana w’imyaka icyenda warohamye mu mazi ari kogana n’abandi.

Yari yajyanye n’abandi bana koga ararohama arapfa nk’uko Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza ufite mu nshingano imibereho myiza Kayitesi Nadine yabibwiye UMUSEKE.

Ati “Yari kumwe n’abandi bana bagera kuri batanu bari koga bacitse iwabo, uwo rero ararohama yitaba Imana aho muri Bishya.”

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko Umurambo wa nyakwigendera wakuwe muri iki cyuzi cya Bishya ujyanwa ku Bitaro bya Nyanza kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Ababyeyi ba nyakwigendera batuye mu Murenge wa Cyabakamyi. Usanase  Chanceline waguye  mu Murenge wa Rwabicumu yari yaje gusura nyinawabo.

Uretse icyuzi cya Bishya humvikanye inkuru mbi none, si ibishya ku barohama bakitaba Imana mu buryo butunguranye, ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza busaba ababyeyi gucunga abana babo bakamenya aho bari banababuza kujya koga ahantu nkaho hatwara ubuzima bw’umuntu.

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?