BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ubwuzuzanye! Izina umwana w’ingagi yiswe n’Igikomangoma Charles

Ubwuzuzanye! Izina umwana w’ingagi yiswe n’Igikomangoma Charles

admin
Last updated: September 2, 2022 2:30 pm
admin
Share
SHARE

Igikomangoma Charles ni umwe mu bise izina abana 20 b’ingagi, we umwana yahawe kwita izina, yamwise Ubwuzuzanye.

U Rwanda rwahaye amazina abana b’ingagi 20 baheruka kuvuka

Ntabwo Igikomangoma Charles yari mu mahumbezi ava mu mahunge y’ibirunga, ngo aryoherwe n’uwo mwuka uhehereye uva muri Pariki y’Ibirunga nk’uko wanogeye abari mu Kinigi kuri uyu wa Gatanu.

Izina yise umwana w’ingagi ryumvikanye mu butumwa bwa video yafashe mbere yumvishwa abari mu Kinigi.

Yavuze ko yishimiye kuba umwe mu bahaye ingagi izina. Yise izina umwana w’ingagi w’umuhungu, wavutse muri Mata, 2022 mu muryango wa Muhoza, ikaba ivuka mu mubyeyi witwa Agasaro.

Ati “Izina Ubwuzuzanye (mu Cyongereza) bivuze ‘Harmony’, ryatoranyijwe mu guha agaciro ibyifuzo byo kubana neza hagati y’ibidukikije, abantu n’Isi, bijyana n’ubufatanye mu muryango, amatsinda y’abantu n’imiryango ikora itaruhuka mu kurengera ibi biremwa (ingagi).”

Igikomangoma Charles witabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bo mu bihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth muri Kamena 2022, yavuze ko yashimye uko yakiriwe mu Rwanda, n’iterambere yabonye ryagezweho.

Abandi batanze amazina barimo umusifuzi Salma Mukansanga, we ingagi yahawe kwita izina, ni umwana w’umukobwa wavutse tariki 15 Nzeri, 2021 akomoka mu muryango IGISHA, ku mubyeyi witwa Ubuntu, yamwise Kwibohora.

Didier Dragba yise izina ISHAMI umwana w’ingagi, wavutse tariki 28 z’ukwezi kwa karindwi, 2022, ni ingagi yo mu muryango wa Muhoza.

Mme Louise Mushikiwabo, yise ingagi izina, Turikumwe avuga ko nimusanga mu Bufansa azayihamagara “On est ensemble!”

Ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla mu gihe u Rwanda rwakiraga inama ya CHOGM (ARCHIVES)

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?