BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Apple Gold yasohoye EP yitsa ku buzima bushaririye yanyuzemo-YUMVE

Apple Gold yasohoye EP yitsa ku buzima bushaririye yanyuzemo-YUMVE

admin
Last updated: August 28, 2022 10:21 am
admin
Share
SHARE

RUBAVU: Umuhanzi mu njyana ya Hip Hop Igabe Elie ukoresha izina rya Apple Gold Succes mu muziki, yashyize hanze Extended Play [EP] yise ‘Samari ’ yitsa ku nshamake y’ubuzima bushaririye yaciyemo.

Igabe Elie uzwi nka Apple Gold Succes yasohoye EP ye ya mbere

EP yise ‘Samari’ iriho indirimbo enye. Yayihuriyeho n’abandi bahanzi barimo Fica Magic mu ndirimbo “Inkuru yanjye”, Umuraperikazi Dunk mu yitwa “Twanahapfira” iyitwa “Kabarye” n’indi yise “Munzu”.

Mu kiganiro yagiranye na UMUSEKE, Apple Gold Succes yavuze ko iyi EP ye ‘Samari’ buri ndirimbo iriho ayifata nk’itangiriro ry’umuziki we.

Ati “Iyi EP akenshi ivuga inshamake y’ubuzima bwanjye n’abandi tubuhuje cyane cyane mu ndirimbo ‘Inkuru yanjye’. Buri ndirimbo rero iri kuri iyi Ep yanjye kuri njye n’itangiriro ryanjye ry’umuziki mwiza. Ni ishema, kandi nishimira uburyo abanyarwanda banyakiriye neza.”

Indirimbo ‘Inkuru yanjye’ agaruka ku buzima bushaririye yakuriyemo, ashima nyina umubyara wiriye akimara kugira ngo bakure neza.

Apple Gold yavuze ko kuba yarabashije gukora iyi Etendend Play ari umugisha kuri we kandi abishimira Imana.

Ati “Nashatse kunezeza abankurikira mbicishije mu ndirimbo nyinshi buri wese agahitamo imunezeza, niyo mpamvu nakoze mu njyana zitandukanye.”

Yavuze ko hari umushinga ateganya guhuriramo n’abahanzi bamaze kubaka izina muri muzika nyarwanda.

Indirimbo zose zigize iyi EP Samari (Summary) bisobanuye inshamake Apple Gold yagize uruhare mu kuzandika.

Apple Gold Succes yari asanzwe afite izindi ndirimbo zirimo ‘Hejuru’, ‘Mpaka ku ntego’, ‘Nkomeza’ n’izindi.

Umva hano indirimbo zigize EP SAMARI ya Apple Gold Succes

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • emmanuel kalisa kabayiza says:
    August 28, 2022 at 8:37 pm

    Komerezaho kd ntucikontege ibyiza birimbere. Uzagera kure biragaragara

    Reply
  • emmanuel kalisa kabayiza says:
    August 28, 2022 at 8:37 pm

    Komerezaho kd ntucikontege ibyiza birimbere. Uzagera kure biragaragara

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?