BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Etincelles FC irahumeka umwuka wa nyuma, nta gikozwe umukino wa mbere irarya mpaga

Etincelles FC irahumeka umwuka wa nyuma, nta gikozwe umukino wa mbere irarya mpaga

admin
Last updated: August 18, 2022 12:09 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe ya Etincelles FC y’Akarere ka Rubavu, nta bushobozi ifite bwo gutegera abakinnyi imodoka ngo bage i Kigali gukina umukkino wa mbere wa Shampiyona y’umwaka 2022/2023 abayobozi bavuga ko amafaranga yabo bashoye umwaka ushize batarayishyurwa.

Etincelles FC ubu nta mafaranga ifite yo gutegera imodoka abakinnyi ngo baze i Kigali

Etincelles FC irahumeka umwuka wa nyuma, niba Akarere ka Rubavu ntacyo gakoze uyu munsi ku mukino w’ejo As Kigali ishobora kuzatera mpaga.

Ndaribumbye Vincent Visi Perezida wa mbere wa Étincelles FC yabwiye UMUSEKE ko nta mafaranga bafite kuri konti, kandi adahari ikipe itajya gukina.

Ati “Twe nk’abayobozi twarikorakoye umwaka ushize kugira ngo ikipe itamanuka, dukoresha amafaranga yacu ariko kugeza n’uyu munsi ntiturayishyurwa, kuba tutarishyurwa ayo twakoresheje sinumva ko wakongera kugira ubushake bwo gufata andi mafaranga ushyira mu ikipe n’andi ataragaruka.”

Yadutangarije ko bagiye ku buyobozi nka Komite nshya mu kwezi kwa kabiri k’umwaka wa 2021 ikipe ya Etincelles FC ifite kuri konti miliyoni 20Frw igomba guhemba ukwezi kwa kabiri n’ukwa gatatu, kandi ko icyo gihe umushahara w’abakozi n’abakinnyi ku kwezi wari miliyoni 8.5Frw.

Ati “Ubwo rero yahise arangira andi mezi 4, ukwa gatatu kugeza mu kwezi kwa 6 (umwaka wa 2021) turwana no kuvaga ngo ikipe iri mu bihe bibi twirwaneho nka Komite nshya, ikipe itamanuka ariko iyo tuvuze ngo hari amafaranga twakoresheje tugomba kwishyurwa Akarere karavuga ngo mwabitumwe na nde?”

Ndaribumbye avuga ko ibintu byose ikipe yakeneraga mu mikino yo kwishyura, haba kurya, gucumbikirwa, ingendo n’ibindi ari bo babitanze ku mufuka wabo.

Aba bagize komite bahembye abakozi kugeza mu kwezi kwa 6, bafashe ideni rya miliyoni 50Frw.

Yagize ati “Ikipe ni iy’Akarere bayifate mu nshingano zabo ibyo ikenera kabe ariko kabitanga twe turebe yenda ibipfa tubahe raporo.”

Gusa mu mvugo itarimo icyizere, Ndaribumbye avuga ko uyu munsi bakomeza kuvugana n’Akerere ka Rubavu, “ubwo hari ikibonetse abakinnyi bagenda, ariko urumva ko nta kintu dufite nta kundi byagenda.”

Ndagijimana Enock ni Perezida wa Etincelles FC, na we avuga ko amafaranga Akarere ka Rubavu katanze baguze abakinnyi bishyura amadeni ararangira.

Ati “Rwose ntabwo dukina. Nasabye SG (Umunyamabanga Mukuru) kujya ku Karere kubaza. Batwemereye amafaranga ntaragera kuri konti. Ubwo nataza nta bushobozi buba buhari baradutera mpaga.”

Twagerageje kuvugisha Mayor wa Rubavu, Kambogo Ildephonse ntiyafata telefoni ngendanwa.

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura, Rayon Sports na APR FC ni ku munsi wa 14

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?