BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Imana ikwiye amashimwe: Fiston Munezero yabonye ikipe

Imana ikwiye amashimwe: Fiston Munezero yabonye ikipe

admin
Last updated: August 18, 2022 10:01 am
admin
Share
SHARE

Myugagiro wo hagati, Munezero Fiston uherutse gutakambira Imana ayisaba akazi kubera ibyo yavuzweho, yatangajwe mu bakinnyi bashya ba Espoir FC y’i Rusizi.

Munezero Fiston azakinira Espoir FC

Mu minsi 24 ishize, uyu myugariro yagaragaye atangaza ko ababajwe no kuba nta kazi afite kubera bimwe byakunze kumuvugwaho. Ibi yabivuze abicishije ku muyoboro wa WhatsAp ye [Status].

Icyo gihe Fiston yagize ati “Uwiteka Mana yaremye ijuru n’isi na buri kimwe cyose, ndakwinginze cyane kandi cyane ngo ungirire impuhwe n’imbabazi, unsubize mu kazi kanjye.”

Yongeyeho ati “Dore ko amagambo n’ibikorwa bidakwiye by’abantu bamwe na bamwe byatumye izina ryanjye ryangirika akazi kagapfa. Ngaho ngarukaho nk’uko wagarutse kuri Razaro uramuzura nyuma y’iminsi 4 yari amaze apfuye yongera kubaho.”

Uyu myugariro yakomeje agira ati “Muri iyi Saison (umwaka) nanjye uzure akazi kanjye n’izina ryanjye byongere bibeho mu izina rya Yesu Kirisitu, mbyaturanye umubabaro n’agahinda, nizeye cyane ko uri Imana ishobora byose kandi ikiranuka muri byose nkaba nkwitezeho byose ….. Amen.”

Nyuma y’uku gutakamba kwe, Fiston yatangajwe mu bakinnyi bashya 14 ikipe ya Espoir FC izakoresha uyu mwaka w’imikino 2022/2023.

Abo bakinnyi 14 iyi kipe yaguze muri iyi mpeshyi barimo rutahizamu Samson Ikechukwu wavuye muri Musanze FC, Bigirimana Issa, Kwizera Trésor, Mugabo Emmanuel, Byumvuhore Trésor, Ali Shabani Valentin, Ininahazwe Corneille, Nyandwi Jerome, Iradukunda Clèment, Lulu Thierry, Mugambira Elias, Iradukunda Egide, Barengayabo Abdallah na Munezero Fiston.

Uyu myugariro yaherukaga mu kipe mu 2019 ubwo yari ari muri Kiyovu Sports, mu Ukwakira 2021 yasinyiye ikipe ya Étoile de l’Est FC yari izamutse amasezerano y’umwaka umwe ariko amasezerano aseswa ataratangira akazi.

Munezero yakiniye amakipe makuru mu Rwanda arimo Kiyovu Sports na Police FC ndetse yanahamagawe mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi mu bihe byashize.

Fiston ni myugariro usanzwe azwi
Fiston yakiniye Kiyovu Sports abanzamo

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?