BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Imana ikwiye amashimwe: Fiston Munezero yabonye ikipe

Imana ikwiye amashimwe: Fiston Munezero yabonye ikipe

admin
Last updated: August 18, 2022 10:01 am
admin
Share
SHARE

Myugagiro wo hagati, Munezero Fiston uherutse gutakambira Imana ayisaba akazi kubera ibyo yavuzweho, yatangajwe mu bakinnyi bashya ba Espoir FC y’i Rusizi.

Munezero Fiston azakinira Espoir FC

Mu minsi 24 ishize, uyu myugariro yagaragaye atangaza ko ababajwe no kuba nta kazi afite kubera bimwe byakunze kumuvugwaho. Ibi yabivuze abicishije ku muyoboro wa WhatsAp ye [Status].

Icyo gihe Fiston yagize ati “Uwiteka Mana yaremye ijuru n’isi na buri kimwe cyose, ndakwinginze cyane kandi cyane ngo ungirire impuhwe n’imbabazi, unsubize mu kazi kanjye.”

Yongeyeho ati “Dore ko amagambo n’ibikorwa bidakwiye by’abantu bamwe na bamwe byatumye izina ryanjye ryangirika akazi kagapfa. Ngaho ngarukaho nk’uko wagarutse kuri Razaro uramuzura nyuma y’iminsi 4 yari amaze apfuye yongera kubaho.”

Uyu myugariro yakomeje agira ati “Muri iyi Saison (umwaka) nanjye uzure akazi kanjye n’izina ryanjye byongere bibeho mu izina rya Yesu Kirisitu, mbyaturanye umubabaro n’agahinda, nizeye cyane ko uri Imana ishobora byose kandi ikiranuka muri byose nkaba nkwitezeho byose ….. Amen.”

Nyuma y’uku gutakamba kwe, Fiston yatangajwe mu bakinnyi bashya 14 ikipe ya Espoir FC izakoresha uyu mwaka w’imikino 2022/2023.

Abo bakinnyi 14 iyi kipe yaguze muri iyi mpeshyi barimo rutahizamu Samson Ikechukwu wavuye muri Musanze FC, Bigirimana Issa, Kwizera Trésor, Mugabo Emmanuel, Byumvuhore Trésor, Ali Shabani Valentin, Ininahazwe Corneille, Nyandwi Jerome, Iradukunda Clèment, Lulu Thierry, Mugambira Elias, Iradukunda Egide, Barengayabo Abdallah na Munezero Fiston.

Uyu myugariro yaherukaga mu kipe mu 2019 ubwo yari ari muri Kiyovu Sports, mu Ukwakira 2021 yasinyiye ikipe ya Étoile de l’Est FC yari izamutse amasezerano y’umwaka umwe ariko amasezerano aseswa ataratangira akazi.

Munezero yakiniye amakipe makuru mu Rwanda arimo Kiyovu Sports na Police FC ndetse yanahamagawe mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi mu bihe byashize.

Fiston ni myugariro usanzwe azwi
Fiston yakiniye Kiyovu Sports abanzamo

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?