BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Imbamutima za Paul na Traoré baje muri Rayon

Imbamutima za Paul na Traoré baje muri Rayon

admin
Last updated: August 11, 2022 1:16 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma yo kugera mu Rwanda aje gukinira ikipe ya Rayon Sports, umukinnyi mpuzamahanga ukomoka muri Kenya, Paul Were na Boubacar Traoré bahamije ko baje guha byose bye iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda.

Paul Were we yamaze gusinyira Rayon Sports

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 10 Kanama, ni bwo Paul uje gukinira Rayon Sports yari asesekaye ku kibuga mpuzamahanga cy’indege i Kanombe anakirwa na bamwe mu bayobozi b’iyi kipe.

Uyu mukinnyi ukina mu gice cy’ubusatirizi aca mu mpande, akigera i Kigali yavuze ko azaha byose bye ikipe ajemo nyuma yo kwakirwa n’abakunzi ba Rayon Sports benshi bamweretse urukundo.

Yavuze ko yishimiye kuza gukina i Kigali kandi mu ikipe ikomeye nka Rayon Sports.

Ati “Nishimiye kuza gukina i Kigali muri Rayon Sports. Ndifuza kuzabashimisha. Ndifuza kuzabereka icyo mfite no kugeza ikipe aho ikwiye kuba iri. Nanyuzwe no kubwirwa ko nifuzwa na Rayon Sports kuko yo na APR FC ni amakipe akomeye hano mu Rwanda.”

Yongeyeho ati “Ndashimira abashinzwe kunshakira akazi. Ndashimira kandi abayobozi ba Rayon Sports kuri aya mahirwe bampaye. Ubutumwa bwanjye ni uko ngomba gukora cyane nkabashimisha kandi nkazakorana neza na bagenzi banjye.”

Uyu munya-Kenya byitezwe ko azakinira Rayon Sports mu gihe cy’umwaka umwe uri imbere.

Uretse Paul Were wageze i Kigali, undi mukinnyi utaha izamu wakiriwe muri Rayon Sports ni Boubacar Traoré ukomoka muri Mali, uje gukinira iyi kipe mu myaka ibiri iri imbere.

Uyu musore w’umunya-Mali, akigera i Kanombe akakirwa n’umutoza mukuru wa Rayon Sports, Haringingo, yavuze ko yishimiye kuza gukinira ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda.

Aba bakinnyi bombi bategerejweho guzafasha Rayon Sports mu gice cy’ubusatirizi nk’ikipe izaba ishaka kimwe mu bikombe bikinirwa [shampiyona n’icy’Amahoro].

Traoré yishimiye kwakirwa neza i Kigali
Paul yishimiye kuza gukinira ikipe ikomeye mu Rwanda kandi ikunzwe kurusha izindi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?