BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > “Isabukuru nziza Jeannette!”, Perezida Kagame byamukoze ku mutima

“Isabukuru nziza Jeannette!”, Perezida Kagame byamukoze ku mutima

admin
Last updated: August 10, 2022 5:45 pm
admin
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu, Mme Jeannette Kagame yagize isabukuru y’imyaka 60, Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ari ibyishimiye, ndetse amusabira kuramba ikindi gihe kirekire bari kumwe.

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko yishimiye isabukuru y’imyaka 60 Mme Jeannette Kagame yujuje none

Mu butumwa bwo kwifuriza isabukuru Mme Jeannette Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yanditse agira ati “Isabukuru nziza Jeannette!”

Yakomeje agira ati “Imyaka 60 yumvakana nkaho ari mike. Tekereza ko 30 irenga ishize turi kumwe – Ni igihe buri muryango, n’igihugu twasubije amaso inyuma tukareba ibyagezweho.

 Buri gihe twibaze ibindi byiza cyangwa byiza kurushaho. Umugisha kuri twese.”

Ubu butumwa bwiza bwageze kandi ku mutima wa Mme Jeannette Kagame, na we arasubiza.

Ati “Warakoze kuba tumaze imyaka 33 tubana, byatumye nizihiza isabukuru y’imyaka 60 y’agaciro mu kubaho!”

Yakomeje ati “Nari kuba nifuza umuryango mwiza, igihugu cyiza, none dufite abukururu beza babiri! Igihe cyose ndagushimira.”

Kimwe n’abandi Banyarwanda benshi bagize icyo bavuga, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Hon Gatabazi Jean Marie Vianney na we yavuze ko anejejwe no kukwifuriza Isabukuru nziza y’amavuko Mme Jeannette Kagame.

Ati “Kandi dukomeza gusaba Imana ngo ibongerere imbaraga, ibahe umugisha muzabone abuzukuru, abuzukuruza n’ubuvivi. Turabashimira urukundo, ubumuntu, impuhwe bibaranga mu bikorwa byo gufasha Abanyarwanda.”

Mme Jeannette Kagame yavutse tariki 10, Kanama 1962. Yashyingiranywe na Perezida Paul Kagame mu mwaka wa 1989.

Mme Jeannette Kagame yagaragaje ko mu byo yishimira harimo kuba umuryango we wujukuruje
Abuzukuru ba Perezida Paul Kagame, umukuru ateruye umuto

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?