BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Amakipe ahimana ku myambaro yafatiwe ibyemezo na Ferwafa

Amakipe ahimana ku myambaro yafatiwe ibyemezo na Ferwafa

admin
Last updated: August 6, 2022 1:37 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ryashyizeho imirongo ntarengwa ku makipe yagiye agora ayandi ku myambaro mu mwaka ushize w’imikino 2021/2022.

AS Kigali hari igihe yambara nka Kiyovu Sports

Ubusanzwe mu Bihugu byateye imbere mu mupira w’amaguru, buri kipe ijya gutangira shampiyona yaramaze kugaragaza no kumenyesha Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri icyo gihugu, imyambaro izakoresha yasuwe, yasuye n’umwambaro wa Gatatu ariko mu Rwanda binyuranye n’ibyo.

Muri shampiyona y’umwaka ushize w’imikino mu Rwanda, amwe mu makipe akina mu Cyiciro cya Mbere, yakunze kugora magenzi yayo ku myambaro, bigatuma hari izihitamo kugurira indi myambaro ku kibuga.

Uku guhimana ku makipe amwe, kwagiye hari imikino idatangirira igihe, bigatuma hari ibindi byangirika.

Iki kibazo Ferwafa yamaze kukivugutira umuti nk’uko Umuvugizi wungirije w’iri shyirahamwe yabibwiye UMUSEKE.

Ati “Twasabye amakipe kuzuza form twabahaye bagashyiramo n’amafoto. Ni form iriho aho bagomba kuzuza amabara y’imyambaro bazambara basuwe, basuye n’umwambaro wa Gatatu. Twababwiye ko kugira ngo ikipe izemererwe gukina ari uko igomba kuzuza iyo form.”

Ikindi kizakemura ibi Jules yavuze, ni inama mbanziriza mukino [pre-match meeting] kuko byose bizajya biganirwaho mbere y’umukino aho kuganirwa ku munsi nyirizina w’umukino.

Ati “Shampiyona izajya gutangira twarabwiye amakipe ibyo yambara. Hejuru y’ibyo hazabaho inama aho bishoboka. Turifuza ko mu mikino myinshi ishoboka, cyane cyane iy’i Kigali, hazajya habaho inama zibanziriza imikino [pre-match meeting]. Bimwe mu bizajya biganirirwamo harimo n’iyo myambarire, rya hame rya Fairplay rikabera aho kuruta uko wajya kubisaba ku munsi w’umukino umwe abona ko afite amahirwe yo kubona amanota atatu.”

Imwe mu mikino yagaragayeho ibisa nko guhimana umwaka ushize, ni umukino ubanza wahuje Rayon Sports na Gorilla FC aho iyi kipe ya Hadji Mudaheranwa Yussuf yaguze indi myenda nyuma yo gusanga iyi kipe ya rubanda yazanye imyenda isa neza nk’iyo bakinisha.

Ferwafa yemeje ko kugira ngo ikipe izemererwe gukina igomba kuzabanza kwerekana imyenda izakoresha uyu mwaka
AS Kigali yo inafite imyenda yiganjemo ubururu

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

Ishyingurwa rya Khamenei ryasubitswe

Amakuru atangazwa n’itangazamakuru rya leta muri Iran aravuga ko umuhango wo gushyingura…

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko Abanyarwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?