BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > MONUSCO yababajwe n’icyemezo cyo Kwirukana Umuvugizi wayo ku butaka bwa Congo

MONUSCO yababajwe n’icyemezo cyo Kwirukana Umuvugizi wayo ku butaka bwa Congo

admin
Last updated: August 5, 2022 7:11 am
admin
Share
SHARE

Ingabo zishinzwe kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo, MONUSCO zasohoye itangazo ririmo akababaro zatewe no kuba Leta ya Congo iherutse gusaba ko Umuvugizi w’izi ngabo azinga ibye akahava mu gihe gito gishoboka.

Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann, aherutse kuvuga ko nta bimenyetso bigaragaza ko u Rwanda rufasha M23

MONUSCO ivuga ko ibabajwe n’iyirukanwa ry’Umuvugizi wayo bikozwe na Guverinoma ya Congo.

Itangazo ryo ku wa 3 Kanama, 2022 rivuga ko MONUSCO ibabajwe no kuba Leta ya Congo yasabye umwe mu bayigize kuva ku butaka bwayo.

Gusa, itangazo rivuga ko abari muri ubwo butumwa “biyemeje gukomeza gukorana bya hafi n’abaturage ndetse n’ubuyobozi kugira ngo bagere ku nshingano bahawe n’Akanama ka UN gashinzwe Amahoro ku isi.”

Leta ya Congo ku wa 28 Nyakanga, 2022 nibwo yahoye itagangazo risaba ko Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann, afata ibyangushye akava ku butaka bwayo mu gihe gito gishoboka.

Nubwo itangazo ryanditswe ku wa 28 Nyakanga, ryaje kugera hanze nyuma.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, akaba na Minisitiri w’Intebe wungirije wa Congo, Christophe Lutundula Apala, yashinje Mathias Gillmann kuvuga amagambo ashobora kuba yarabaye intandaro y’imvururu ziherutse gutezwa n’abaturage bamagana MONUSCO.

Leta ya Congo muri iyo baruwa yandikiye MONUSCO ivuga ko Mathias Gillmann agumye ku butaka bwayo bitafasha kugirana icyizere hagati ya Leta n’ingabo za MONUSCO ziri mu butumw abw’amahoro ngo zibashe kugera ku ntego zazo, ndetse ngo nta n’icyo byafasha mu gukomeza igihe cyagenwe ko ziriya ngabo zizagenda ziva gahoro gahoro muri Congo igihe ubutumwa bwazo buzaba burangiye.

Congo ngo yahaye MONUSCO nibura kuzaba yavuye ku butaka bwayo mu mwaka wa 2024.

Mathias Gillmann usabwa kuva muri Congo yaba ngo yaravuze ko MONUSCO ifatanyije n’ingabo za Congo mu guhangana n’inyeshyamba za M23. Ariko anongeraho ko ibikoresho bafite bidahagije ngo bahangane n’indi mitwe yitwaje intwaro irimo ADF, (urwanya ubutegetsi bwa Uganda), bityo ko hari uduce ingabo za MONUSCO n’iza Congo zitazageramo ku buryo buhagije.

Yabivugiye mu kiganiro n’Abanyamakuru cyabaye tariki 13 Nyakanga, 2022 i Kinshasa.

Ndetse Mathias Gillmann yagize ati “Inyeshyamba za M23 ziritwara nk’ingabo z’umwuga, zifite ibikoresho bigezweho kuruta ibyo zahoranye.”

Umubano wa MONUSCO n’abaturage ba Congo ntumeze neza, bamaze igihe mu myigaragambyo isaba izi ngabo za UN guhambira zikava ku butaka bwabo, ndetse yaguyemo abantu 36 ikomerekeramo abarenga 60.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?