BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kigali: Umunya-Koreya y’Epfo wari wakatiwe imyaka itanu yagizwe umwere

Kigali: Umunya-Koreya y’Epfo wari wakatiwe imyaka itanu yagizwe umwere

admin
Last updated: August 1, 2022 5:55 pm
admin
Share
SHARE

Kuwa Gatanu ushize Urukiko rw’ubujurire rwahanaguyeho ibyaha byose Umunya-Koreya Jin Joseph yari akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha.

Urubanza rwa Jin Joseph na Kanyandekwe Pascal rwavuzwemo akarengane mu bihe bitandukanye

Jin Joseph kuva muri 2019 Ubushinjacyaha bwari bu mukurikiranyeho icyaha cy’inyandiko itavugisha ukuri.

Umucamanza wasomye icyemezo cy’urukiko yavuze ko ikirego cyatanzwe na Jin Joseph gisaba gusubirishamo urubanza rwaciwe n’urukiko rukuru rwahawe Nimero RPA 00676/2021/HC/KIG kuwa 20/01/2022 ihindutse ku ingingo zose zarwo.

Umucamanza yavuze ko Jin Joseph nyuma yo gukatirwa imyaka itanu muri Mutarama 2021 n’urukiko Rukuru yahise atakambira Perezida w’urukiko rw’Ikirenga asaba gusubirishamo urubanzwa yari yatsinzwe aho uyu mugabo ukomoka k’umugabane wa Aziya yavugaga ko asubirishamo kubera impamvu z’akarengane.

Nyuma y’urubanza rwabaye kuwa 13 Nyakanga 2022 aho Jin Joseph yaburanye ahakana icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko itavugisha ukuri yacyekwagaho n’ubushinjacyaha, akabwira Urukiko ko atari umuntu wo gufungwa kuko afitiye igihugu akamaro kubera Moto za Police yazanye za BMW n’imodoka zo mu bwoko bwa Youndai na KIA mu Rwanda.

Urukiko rw’urubujurire ruvuga ko adahamwa n’icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko itavugisha ukuri.

Umucamaza mu cyemezo cy’Urukiko yavuze ko icyemezo cy’urukiko Rukuru gikatira imyaka itanu Jin Joseph no guha Kanyandekwe Pasacal indishyi z’akababaro zisaga Miliyoni 30Frw ko byose biteshejwe agaciro.

Ubwo icyi cyemezo cyasomwaga cyasomwe n’umucamanza umwe mugihe urubanza rwaburanishijwe n’abacamanza batatu.

Umucamanza warusomye yavuze ko n’ubwo asomye icyemezo cya Jin Joseph na Kanyandekwe Pasacl ko ariko icyemezo kimugira umwere cyafashweho umwanzuro n’abacamanza batatu nk’uko aribo bayoboye iburanisha.

Umucamanza yavuze ko bagenzi be bari mu zindi manza ko ariko basize basinyiye uru rubanza.

Icyemezo cy’urukiko mu rubanza rwa Kanyandekwe Pascal na Jin Joseph cyari gusomwa Saa tanu za mugitondo.

Abantu bose bahagereye kugihe abantu bamaze amasaha abiri mu cyumba cy’urukiko Saa saba umwanditsi w’urukiko avuga ko urubanza rwa Jin na Kanyandekwe isomwa ryarwo ritagisomwe ko rwimuriwe nyuma ya sasita ku masaha atatangaje abari baje gusomerwa bose baritahira.

Amakimbirane ya Jin Joseph na Kanyandekwe Pascal aturuka kuri Kashe Jin Joseph yacuze akajya gufungura Sosiyete mu bihugu byo hanze y’ubucuruzi ku mazina ya Kanyandekwe Pascal nawe agakora amasoko atandukanye y’ubucuruzi akazajya asinya mu izina rya Kanyandekwe Pascal nawe mu manyanga birangira Kanyandekwe Pascal yitabaje Inkiko.

Uru rubanza rwavuzwemo akarengane mu bihe bitandukanye.

AMAFOTO: NKUNDINEZA@2022

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Ubutabera

Gakenke: Umugore arakekwaho kwica umwana wavuze ko yibye inkoko y’abaturanyi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?