BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Ndayishimiye yarakaye cyane, yanenze MONUSCO yishe abigaragambya i Kasindi

Perezida Ndayishimiye yarakaye cyane, yanenze MONUSCO yishe abigaragambya i Kasindi

admin
Last updated: August 1, 2022 9:09 am
admin
Share
SHARE

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yatangaje ko yashenguwe n’ibikorwa by’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo zarashe ku baturage bamwe bakahasiga ubuzima.

Perezida Ndayishimiye Evariste w’u Burundi akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba

Abantu babiri barishwe abandi bagera kuri 15 barakomereka ahitwa i Kasindi ubwo ingabo za MONUSCO kuri iki Cyumweru zinjiraga ku ngufu zirasa, zivuye mu biruhuko muri Uganda.

Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru wa UN, muri Congo Madamu Bintou Keita, mu itangazo yasohoye yavuze ko bamaganye kiriya gikorwa kigayitse, hahise hatangira iperereza ryihuse ababigizemo uruhare batabwa muri yombi.

Avuga ko abasirikre ba MONUSCO bagaragaje imyitwarire idahwitse ndetse itarimo gushyira mu gaciro bari “bavuye mu biruhuko muri Uganda.”

Ati “Hakurikijwe iyi myitwarire idakwiye kandi idahuye n’inshingano, ababikoze bamenyekanye ndetse bahita batabwa muri yombi, hakaba hategerejwe umwanzuro w’ibizava mu iperereza ryahise ritangira gukorwa ku bufatanye n’ubuyobozi bwa Congo.”

Itangazo ry’ibiro by’umunyamabanga mukuru wa ONU, Antonio Guterres, rivuga ko “arakajwe” n’ibyabaye, kandi ko ashyigikiye “gufunga abasirikare bakoze ibi no gutangiza iperereza ako kanya”. 

Perezida Ndayishimiye Evariste anyuze kuri Twitter yamaganye igikorwa cy’ubwicanyi cyakozwe n’ingabo za MONUSCO avuga ko cyagize ingaruka kuri benshi.

Perezida Ndayishimiye Evariste w’u Burundi akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yatangaje ko acyamaganye.

Yagize ati “Tubabajwe cyane n’igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru i Kasindi cyakozwe na bamwe mu basirikare ba MONUSCO cyagizeho ingaruka kuri benshi. Twihanganishije cyane Guverinoma ya Congo ndetse n’imiryango yabuze abayo.”

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi yavuze ko akomeje gukurikirana ibibera muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Hashize igihe abaturage bo mu Burasirazuba bwa Congo bigaragambya basaba ingabo za MONUSCO kuva ku butaka bwabo. Iyi myigaragambyo yahitanye abantu 30 barimo umusirikare wa MONUSCO n’Abapolisi bayo babiri.

Igikorwa cyo kuri iki Cyumweru cyo kurasa ku baturage cyabaye mu gihe Umunyamabanga Mukuru wungirije wa UN ushinzwe ibikorwa by’amahoro, Jean Pierre LaCroix ari muri Congo kuvugana n’abayobozi baho ngo bahoshe umwuka mubi n’ibikorwa byamagana MONUSCO.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?