BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abasura u Rwanda banyuze ku kibuga cy’indege cya Kigali ntibazasabwa kwipimisha COVID-19

Abasura u Rwanda banyuze ku kibuga cy’indege cya Kigali ntibazasabwa kwipimisha COVID-19

admin
Last updated: July 30, 2022 3:07 am
admin
Share
SHARE

Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu iyobowe na Perezida Paul Kagame yemeje ko abasura u Rwanda banyuze ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali batazasabwa kwipimisha COVID-19.

Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Paul Kagame

Uyu ni umwe mu myanzuro yafatiwe muri iriya nama yayobowe na Perezida Paul Kagame, ikaba yanafatiwemo ibindi byemezo bitandukanye.

Mu mwanzuro wa kabiri w’iyi nama wo gusuzuma ingamba zafashwe mu rwego rwo kwirinda no gukumira ubwandu bwa COVID-19, iyi nama yemeje ko abagenzi binjira mu Rwanda banyuze ku kibuga cy’indege i Kanombe batazasabwa kwipimisha COVID-19.

Inama y’Abaminisitiri ariko yasabye ko abakerarugendo basura Pariki zirimo inguge (Nyungwe), n’abasura ingagi (mu Birunga) bagomba gupimwa icyorezo cya COVID-19 mu buryo buhambaye bwitwa PCR Test.

Abakerarugendo basura Pariki zindi bo barasabwa kubanza kwipimisha Covid-19 mu buryo bwihuse buzwi nka Rapid test.

Mu bindi bajyanye no kwirinda COVID-19, Abanyarwanda basabwe kwikingaza mu buryo bwuzuye no gushimangira inkingo kugira ngo bemererwe kujya mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Abanyarwanda kandi barasabwa kwambara agapfikamunwa mu gihe bari ahantu hafunganye hatari umwuka uhagije kandi bahahuriye n’abandi bantu benshi.

Inama y’Abaminisitiri yemeje bamwe mu bahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda barimo, Madamu Belen Calvo Uyarra, Ambasaderi w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda, asimbuye Nicola Bellomo wamaze gusezera Perezida Paul Kagame.

Hanemejwe Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), mu Rwanda Madamu Ndeye Aissatou Masseck Ndiaye.

Inama y’Abaminisitiri yashyizeho Abanyamabanga Bahoraho muri Minisiteri, Fidele Uwimana muri Ministeri y’Ibikorwa Remezo, na Richard Niwenshuti Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Ubucuruzi n’inganda.

Muri Ministeri y’Imari n’Igenamigambi, Dr Patrick Hitayezu yagizwe Chief Economist, umwanya wahozeho Nyakwigendera Dr Thomas Kigabo.

Inama y’Abaminisitiri yanashyizeho Umuyobozi mukuru mushya w’Ibitaro byitiriwe Umwami Faysal, witwa Dr Zerihun Abebe.

AMAFOTO@Kagame Flickr channel

 

SOMA IBYEMEZO BY’INAMA Y’ABAMINISITIRI 

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?