BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda rwavuze ku birego byo gufasha Centrafrica guhindura Itegeko Nshinga

U Rwanda rwavuze ku birego byo gufasha Centrafrica guhindura Itegeko Nshinga

admin
Last updated: July 29, 2022 3:36 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yamaganye ibirego byo kuba u Rwanda ngo rufasha ubutegetsi buriho muri Centrafrica guhindura itegeko nshinga, ngo Perezida uriho yemererwe kwiyamamaza muri manda ya Gatatu.

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda

Ibi birego bidasanzwe ku Rwanda byazanywe n’umuryango witwa G16, rikaba ari ihuriro ry’imiryango ya sosiyete sivile rigamije kurinda itegeko nshinga muri Centrafrica, ryashinzwe ku wa 30 Werurwe, 2016.

Iri huriro rivuga ko u Rwanda rufite ingabo muri Centrafrica rutera inkunga ibikorwa byo guhindura itegeko nshinga rya kiriya gihugu.

Mu gihe iryo tegeko nshinga ryahinduka, byaha amahirwe Perezida Faustin-Archange Touadéra kongera kwiyamamaza muri manda ya gatatu.

Aganira na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yamaganye ibyo birego.

Yagize ati “U Rwanda nta buryo ubwo ari bwo bwose bwakwivanga muri politiki y’imbere ya Repubulika ya Centrafrica.”

Dr Biruta avuga ko u Rwanda riri hariya mu rwego rwihariye kuva mu mpera z’umwaka wa 2020: Iyo mpamvu nta yindi ni ugufasha ko amatora aba kubera ko icyo gihe imitwe yitwaje intwaro yendaga kuyaburizamo.

Ati “Ingabo zacu nta muntu uwo ari we wese zishobora gushyigikira, cyangwa kwivanga mu bibazo bya politiki y’imbere muri Centrafrica.”

Yavuze ko izo ngabo ziri mu Mujyi wa Bangui kandi inshingano yazo ari iyo kurinda ibigo bya Leta n’ibikorwa remezo ndetse n’abaturage ba Bangui, n’igihugu cya Centrafrica.

Indi nshingano ya ziriya ngabo ngo ni ukubaka ubushobozi bw’inzego z’umutekano za kiriya gihugu.

U Rwanda rwohereje ingabo muri Centrafrica ndetse zagize uruhare runini mu migendekere myiza y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye tliki ya 27 Ukuboza, 2020 mu gihe inyeshyamba zashinzwe na François Bozizé, CPC zari zarahiriye kuyaburizamo.

Ingabo zo mu mutwe udasanzwe u Rwanda rwohereje hariya zagiye kunganira ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zarimo kugabwaho ibitero n’inyeshyamba, ndetse uretse izo ngabo zidasanzwe 300, u Rwanda rufite abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro bwa UN ifatanyamo na Africa yunze Ubumwe, MINUSCA.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?