BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umugore wa Thomas Sankara yamaganye imbabazi za nyirarureshwa yasabwe na Compaoré

Umugore wa Thomas Sankara yamaganye imbabazi za nyirarureshwa yasabwe na Compaoré

admin
Last updated: July 29, 2022 1:47 am
admin
Share
SHARE

Mu gihe Burkina Faso ishyize imbere ubumwe n’ubwiyunge, ndetse Blaise Compaoré wayoboye kiriya gihugu akaba aherutse kugisubiramo avuye mu buhungiro ariko nyuma agasubirayo, yaje gusaba imbabazi umuryango wa Thomas Sankara, urukiko rwemeje ko ari we wamuhitanye.

Mariam Sankara umupfakazi wasizwe na Thomas Sankara (RFI)

Umugore wa Thamas Sankara, Mariam Sankara, ndetse na Paul Sankara murumunama wa Thomas Sankara bamaganiye kure izo mbobazi bemeza ko ari ukwiyerurutsa.

Mariam Sankara yabwiye TV 5 Monde ati “Buriya si bwo buryo bwo gusaba imbabazi, ntabwo basabira imbabazi mu binyamakuru iyo aba ashaka imbabazi hari ubundi buryo yari kubikora. Turi Abanyafurika tuzi uko basaba imbabazi, yari kuvuga ibyo yakoze, none arababarirwa iki? Ni uburyo bwo kugira ngo agaruke mu gihugu.”

Blaise Compaoré muri Mata 2022 yahamijwe ibyaha byo kwica Thomas Sankara ndetse akatirwa adahari igifungo cya burundu. Ni urubanza rwatinze kuko ku gihe cy’ubutegetsi bwa Blaise Compaoré yari yaranze ko ruburanishwa.

Intumwa zavuye muri Cote d’Ivoire ku wa Kabiri zahuye na Perezida w’Inzibacyuho, Col. Paul-Henri Sandaogo Damiba, wafashe ubutegetsi muri Coup d’Etat bahuriye ahitwa Kosyam.

Umukobwa wa Blaise Compaoré, witwa Djamila Compaoré, yari kumwe na Minisitiri Ally Coulibaly, umwe mu bantu ba hafi ba Perezida Alassane Ouattara wa Cote d’Ivoire.

Ibaruwa ya Blaise Compaoré yanditse tariki 8 Nyakanga, 2022 uyu yasabye imbabazi imiryango yose yahemukiwe mu gihe cy’ubutegetsi bwe. Ndetse yasabye imbabazo umuryango wa Thomas Sankara.

Abo kwa Sankara bavuga ko batakwemera gutanga izo mbabazi kuko ngo Blaise Compaoré yari kwiyizira kuzisaba ndetse bakabona ko ari we koko wanditse iyo baruwa aho gutuma umukobwa we.

Urukiko rwahannye abishe Thomas Sankara

IVOMO: JeuneAfrique

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?