BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Louise Mushikiwabo arashaka manda ya kabiri, ati “mfite ubushake”

Louise Mushikiwabo arashaka manda ya kabiri, ati “mfite ubushake”

admin
Last updated: July 25, 2022 9:46 pm
admin
Share
SHARE

Umunyarwandakazi, Mme Louise Mushikiwabo uyoboye Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, (OIF), yatangaje ku mugaragaro ko ahari kugira ngo yongere gutorerwa kuyobora manda ya kabiri.

Mme Louise Mushikiwabo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, OIF

Mu kiganiro Umuyobozi wa OIF yahaye TV5 Monde, yavuze ko akigera ku buyobozi mu mwaka wa 2019 yakoze ibishoboka byose mu gukora impinduka mu muryango nubwo habaye ibibazo bya COVID-19, yatumye imirimo imwe ifungwa ndetse n’ingendo z’indege mu gihe kitari gito zirahagarikwa, hejuru y’ibyo hiyongeraho n’intambara i Burayi.

Yavuze ko umuryango wa Francophonie ubu urimo gukora ibikorwa bifatika kandi bifasha kubera abandi urugero (influence).

Ati “Umuryango wacu urakomeye kuruta ikindi gihe, nabajije urubyiruko uko babyumva mu mwaka wa 2020, bampa inama ko bakeneye umuryango ubafasha kubona akazi.”

Mme Mushikiwabo avuga ko Francophonie iri gukora ibikorwa n’imishinga ikomeye n’ubwo habayeho ibibazo  yagarutseho ubwo yajyaga ku buyobozi mu myaka 3  ishize.

Ati “Ni imishinga igira impinduka ku buzima bw’abantu kandi igomba kwaguka.”

Mu byo avuga yagezeho hari ugukorana n’imiryango mpuzamahanga nk’uwita ku Buzima (OMS) mu bikorwa byo guhangana na Covid-19 ndetse no gushaka inkingo.

Yavuze ko yagize uruhare mu guhindura imikoranire hagati ya Africa n’Uburayi, harimo no gusaba kugabanya umwenda ku bihuga bya Africa mu gihe icyorezo cya Covid-19 cyacaga ibintu.

 

Ibyo bikorwa biramuhesha indi manda….

Umunyamakuru Patrick Simonin yabajije Louise Mushikiwabo ibijyanye no kongera kwiyamamaza ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa OIF.

Mushikiwabo ati “Namaze kuvuga ko mpari ngo nkomeze akazi natangiye, mfatanyije n’abandi. Njyewe ndi isura ihagarariye abandi, ariko hari abandi dukorana mu bihugu.

U Rwanda rwamaze gutanga kandidatire yange kuri Perezida wa Francophonie ari we Minisitiri w’Intebe wa Armenie.

Ndi umukandida ushaka gukomeza gufata umwanya wange, ufite ubushake, no guhangana.”

Mushikiwabo yavuze ko impinduka z’ubu n’ubutaha mu bihugu 87 bigize umuryango atari ikintu cyoroshye, nadi ngo birakenewe.

Ati “Hari byinshi byo gukora, hari imishinga itararangiye, kandi ifite akamaro. Radio Sahel, twatangiye, ikigega cya Francophonie n’indi mishinga myiza ishobora gukomezwa n’undi, ariko ndahari kandi natanze kandidatire yange mbyishimiye.”

Louise Mushikiwabo w’imyaka 61 y’amavuko, tariki 12 Ukwakira, 2018, nibwo yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru wa OIF, (Organisation internationale de la Francophonie) mu nama rusange yabereye i Yerevan, muri Armenia.

Louise Mushikiwabo aganira n’Umunyamakuru Patrick Simonin

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Umurungi Alice says:
    July 26, 2022 at 7:17 pm

    Ndamwizeye cyane! Afite ibanga mu mibanire n'”utuzungu”! Umunsi azongera kwibutsa ko igifaransa ntacyo kivuze, bazahita bamuha manda ebyili zikurikira. Nguwo Macron!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?